
Hatangajwe amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuli abanza n’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 nzeri 2023, hatangajwe amanota y’ibizamini by leta bisoba amashuli abanza n’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye.
Ni igikorwa kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitire w’uburezi Hon. Gaspard Twagirayezu, Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi Hon Irere Claudette, Umuyobozi w’ikigo nesa Dr. Bernard Bahati ndetse n’abandi.
Bavuga ko mu mashuli y’umwaka wa mbere w’ayisumbuye ndetse no muwa kane nta muntu numwe ufite ububasha bwo gutanga ishuli uretse ikigo nesa kibifite mu nshingano mu rwego rwo guha amahirwe angana abanyeshuli bose mu kubona ibigo by’amashuli.





