
Featured


APR FC ikomeje imyiteguro y'umukino uzayihuza na Rayon Sport FC kuri uyu wa gatandatu
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo, saa cyenda z’amanywa, kuri Stade Amahoro i Remera, nibwo ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC izakira umukino uzayihuza na Rayon Sports FC. Uyu mukino w’amakipe yombi uzwi cyane ku izina rya _“_A Thousand Hills Derby” Derby y’u Rwanda rw’imisozi igihumbi.
Ni umwe mu mikino ikunzwe kurusha indi yose mu Rwanda, ukunze kurangwa n’impaka nyinshi mu bafana, n’imyiteguro iri ku rwego rwo hejuru ku mpande zombi.

Imikino: Abanyarwanda batangiye kwigaragaza muri CAF Confederation Cup
Imikino y’amajonjora ya mbere y’amarushanwa ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup 2025/2026 irangiye, aho bamwe mu bakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze y’igihugu batangiye kwandika amateka mashya ku rwego rwa Afurika.
Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda barimo Mugisha Bonheur, Ntwari Fiacre na Buregeya Prince, bamaze gufasha amakipe yabo kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup, irushanwa rikomeje gutanga icyizere mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika.

Mugisha Bonheur, ukinira Al Masry yo mu Misiri, yabonye itike yo gukina amatsinda nyuma yo gusezerera Al-Ittihad yo muri Libya ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Ntwari Fiacre, umunyezamu wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, yafashije ikipe ye gusezerera AS Simba yo muri RDC ku bitego 3-1 mu mikino yombi.

Ubutabera: U Rwanda rwishimiye ubutabera ku gihano cya Dr Munyemana Sosthène
Abanyarwanda bishimiye igihano cy’imyaka 24 cyemejwe n’Urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa kuri Dr Munyemana Sosthène wahamijwe ibyaha bya Jenoside
Abanyarwanda batandukanye barimo n’abaharanira ubutabera ku byaha bya Jenoside, bakomeje kugaragaza ko bishimiye icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, cyemeza igifungo cy’imyaka 24 kuri Dr Munyemana Sosthène, wahoze ari umuganga w’abagore mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubutabera: Ubufaransa bukomeje gukurikirana imanza zijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi
Urubanza rwa Dr Munyemana Sosthène rwagaragaje intambwe u Bufaransa bwateye mu gukurikirana abakekwaho Jenoside
Urubanza rwa Dr Munyemana Sosthène rwasomwe n’Urukiko rwa rubanda rwa Paris ku wa 24 Ukwakira 2025, rwongeye kwibutsa amahanga ko ibyaha bya Jenoside bidasaza, kandi ko ubutabera bushobora kugera aho uwakoze icyaha ari hose. Uyu muganga wahoze akorera i Butare mu 1994, yakatiwe igifungo cy’imyaka 24 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.
Dr Munyemana, wavutse mu 1955 i Mbare muri Gitarama, yagiye kwiga mu Bufaransa nyuma ya Jenoside, aho yakomeje umwuga w’ubuvuzi imyaka myinshi kugeza ubwo yatangiye gukurikiranwa n’inkiko mpuzamahanga. Mu 2006 yashyizwe ku rutonde rwa Interpol, nyuma y’uko u Rwanda rusabye ko yoherezwa kuburanira mu gihugu ariko u Bufaransa bukabyanga. Nyuma y’imyaka irenga 20, ni bwo yagejejwe imbere y’ubutabera bw’u Bufaransa, kuva mu Ugushyingo kugeza mu Ukuboza 2023.

U Rwanda rwatangiye guhugura abarimu ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano mu burezi
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko gahunda yo guhugura abarimu ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence, AI) yatangiye gushyirwa mu bikorwa, hagamijwe guteza imbere uburezi bujyanye n’igihe n’ikoranabuhanga rigezweho.
Iyi gahunda ibarizwa mu murongo mugari w’Igihugu wo guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, nk’uko biteganywa n’Icyerekezo cya 2050 ndetse na gahunda ya kabiri ya Guverinoma y’imyaka itanu (NST2), byombi bishyira imbere kongerera ubumenyi n’ubushobozi abakozi bo mu nzego zitandukanye.
Mu nama nyafurika yahuje inzobere mu ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano mu burezi n’iterambere ry’umurimo yabereye i Kigali ku wa Kane, tariki ya 23 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Nsengimana Joseph, yavuze ko igihugu cyatangiye kwitegura guhindura uburyo bwo kwigisha n’ubwo kwiga hakoreshejwe AI.

Nyuma yo gutsindwa na Benin, Amavubi ategereje umukino wa nyuma na Afurika y’Epfo
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14/10/2025 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ikipe y’u Rwanda ‘Amavubi’ izacakirana n’iya Afurika y’Epfo (Bafana Bafana) mu mukino ukomeye wo gusoza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Mbolela Stadium, iherereye mu burasirazuba bwa Afurika y’Epfo, ukaba utegerejwe n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda no hanze yarwo.
Umutoza mukuru w’Amavubi, Adel Amrouche, yatangaje ko ikipe ye iri mu myiteguro ya nyuma kandi yiteguye guhatana ngo bazitabire imikino y’igikombe cy’isi.

Rwanda: Abakora ibikomoka ku mpu bahawe ubumenyi bushya bwo guhatanira amasoko mpuzamahanga
Kuva tariki ya 6 Ukwakira 2025, abakora ibikomoka ku mpu hirya no hino mu gihugu bari mu mahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ahuriwemo abasaga 600. Aya mahugurwa yasojwe ku wa Gatanu, agamije guteza imbere ubuziranenge n’ubucuruzi bujyanye n’igihe.
Bwana Twahirwa Christian, Umuyobozi ushinzwe guteza imbere inganda no kwihangira imirimo muri MINICOM, yavuze ko aya mahugurwa ari igisubizo kirambye kuko uru rwego rwakoraga rudafite ubunyamwuga buhagije.Yagize ati:
“Bahuguwe ku ngingo zitandukanye: gucunga business, uko basora, uko bacunga imari, uko bandika ibyo bakoze mu bitabo by’imari. Ni mu rwego rwo kubafasha kugira ubumenyi bwo guhangana ku isoko, bakabasha no kwisabira inguzanyo muri banki zitandukanye. Kugira ngo babigereho bagomba kubahiriza amategeko harimo no kwandika books of account n’ibindi.”

Rwanda: Perezida Kagame yambitse ipeti aba Ofisiye bashya 1,029 binjira mu Ngabo z’u Rwanda (RDF)
Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 03, U kwakira 2025, abasirikare 1,029 barangije amasomo ku rwego rwa ofisiye bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Uyu muhango wabereye mu Ishuri rya Gisirikare rya Gako, mu karere ka Bugesera. wanahujwe no kwizihiza imyaka 25 iri shuri rimaze ritanga ubumenyi ku rwego rwa ofisiye.
Aba bahawe ipeti bari mu byiciro bine (4) bitandukanye harimo Abasoje amasomo y’imyaka 4, Abasoje umwaka 1, Abasoje amezi 8 n’abaturutse hanze y’u Rwanda

kigali: Uko kuzigama no guhuza imbaraga byahinduye ubuzima bw’abaturage i Nduba
Kuri uyu wa Gatatu, mu Murenge wa Nduba, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habereye ubusabane bwahuje abanyamuryango b’itsinda Umuhuza Smart Connect baturutse mu bice bitandukanye bya Kigali. Ni igikorwa cyitabiriwe n’ ubuyobozi bw’ Umurenge wa Nduba, ubuyobozi bw’ Akagari ka Gasanze, ndetse n’ abanyamuryango b’itsinda bo hirya no hino.
Muri uyu muhango, hagarutswe ku byagezweho mu mwaka wa 2025 ndetse hatangazwa n’aho bifuza kugera mu mwaka utaha wa 2026.