Featured

Ni iki? Ni ryari? Ni gute umwana aganirizwa ku buzima bw'imyororokere?

Ni iki? Ni ryari? Ni gute umwana aganirizwa ku buzima bw'imyororokere?

Zimwe mu ngingo z’ingenzi uvugaho iyo uganira n’umwana ku mpinduka mu myanya myibarukiro ye.

Uvuga ku mpinduka zose zishoboka ari zo gupfundura amabere mu bakobwa no gukura kw’igitsina n’amabya mu bahungu. By’ingenzi cyane, kwiroteraho ntabwo ari ihame/itegeko mu bahungu, abahungu bamwe ntibijya bibabaho kandi rwose nta kibazo kirimo, rero umuhungu agomba kubimenya, mu gihe inshuti ze zirimo kuvuga ku byazibayeho, azaba atekanye niba we bitaramubaho. Kandi ibyo bituma umwana adatera ipfunwe abandi bana.

Impamvu eshanu (5), abana bakwiye kuganirizwa ku buzima bw'imyororokere

Impamvu eshanu (5), abana bakwiye kuganirizwa ku buzima bw'imyororokere

Ababyeyi benshi bihunza kwigisha abana babo ku buzima bw’imyororokere, bakabirekera abarezi, mu gihe abarezi na bo hari ibyo birengagiza bagirango ababyeyi barabyigishije, bigatuma abana bakura hari amakuru badafite kandi y’ingenzi.

Ni akahe kamaro ko kuganiriza abana ku bijyanye n’igitsina?

Uko abana barushaho kumenya ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere yabo, ni ko barushaho gutekana no kwisobanukirwa

Dore zimwe mu mpamvu abana bakwiye kuganirizwa ku bijyanye n’igitsina ndetse n’ubuzima bw’imyororokere:

1. Inda mu bangavu no gukuramo inda: imyizerere n’imigenzo ya kera bifite akamaro kanini cyane mu kuzamura gutwita mu bangavu no gukuramo inda. Ku bangavu benshi batwitiye iwabo, hari amahirwe menshi yo gukuramo inda kubera igitutu bashyirwaho n’ababyeyi n’ipfunwe mu muryango.

Amafoto: Ibirori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30 mu Rwanda

Amafoto: Ibirori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30 mu Rwanda

Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Nyakanga, 2024 u Rwanda ruri kwizihiza umunsi w’ubwigenge. Mu birori bibereye ijisho biri kubera kuri Stade Amahoro I Remera mu mujyi wa Kigali.

Byitabiriwe n’abahagarariye ingabo mu bihugu birimo Uganda, Tanzania, Sierra Leone na Kenya. Hari abaturage baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu.

[caption id=“attachment_1249” align=“alignnone” width=“1257”] Ibirori byo kwizihiza imyaka 30 ishize u Rwanda Rwibohoye[/caption]

[caption id=“attachment_1250” align=“alignnone” width=“1197”] Ibirori byabereye muri Stade Amahoro ivuguruye[/caption]

Dore Ibintu bikururira umugore gukunda umugabo

Dore Ibintu bikururira umugore gukunda umugabo

Ushobora kuba uri umugabo abagore birukaho, nyamara ukaba utazi impamvu cyangwa se ukaba wiyita ko nta gikundiro cy’abagore ufite, warabuze icyo wakora ngo ibyo bihinduke.

Muri iyi nkuru turavuga ingingo zirindwi abagore bagenderaho bapima igikundiro cy’umugabo n’ubushobozi bwe bwo gushaka imitungo. Ntabwo uko bikurikirana ariko birutana, ariko ikintu kimwe kidashidikanywaho nuko abagore bakunda abagabo bashobora Kandi bazakora ibi bikurikira:

1. Abagore bakururwa n’umugabo ubasetsa. Kuba umugabo ashobora gusetsa biza hafi no ku isonga mu bintu bikurura abagore. Iyo umugore asetse, ubwonko bwe butegeka umubiri kurekura imisemburo ya endorphins, iyi misemburo ni uburyo bumwe umubiri wifitemo bwo kugabanya uburibwe; yongera ubudahangarwa bw’umubiri ikanarinda indwara. Guseka Kandi bigabanya guhangayika, bikagabanya umuvuduko w’amaraso, ibi ari na byo bigabanya ibyago byo kurwara indwara y’umutima. Umugore atiriwe anabitekerezaho yumva ko umugabo ubasha kubona igice kinejeje mu buzima azaba mwiza ku buzima bwe no kubaho igihe kirekire, bityo akirinda abagabo batanezerewe cyangwa bamwe barakaye. Abagabo na bo bumva imbaraga ziri mu gusetsa, niyo mpamvu bahora bahanganye na bagenzi babo mu kuzana udukuru dusekeje. Bazi neza ko umusore usetsa abandi cyane ari wegukana imitima ya benshi muri ako kanya Kandi ko guseka bikurura igitsina gore.

Ibimenyetso umunani (8) simusiga byerekana ko umukunzi wawe aguca inyuma

Ibimenyetso umunani (8) simusiga byerekana ko umukunzi wawe aguca inyuma

Mu bakundana n’abashakanye habamo byinshi ndetse hakavugwamo cyane gucana inyuma. Ese birashoboka ko wamenya niba umukunzi wawe aguca inyuma? Ni ibihe bimenyetso umuntu uguca inyuma arangwa na byo? Muri iyi nkuru tugiye kuganira ku bimenyetso umunani simusiga byerekana ko umukunzi wawe yaba aguca inyuma.

N’ubwo waba udafite igihamya, inshuti ikubera ijisho cyangwa amafaranga yo kwishyura maneko, burya hari ibimenyetso bishobora gutuma utangira gukeka ukabaza ibibazo. Gusa, ujye witegura ikimwaro n’umujinya wo gutakarizwa ikizere niba umukunzi wawe abashije kwerekana ko ibyo waketse atari byo, ariko na none witegure ingaruka niba igisubizo ubonye atari icyo ushaka kumva.

Ubyumva Ute: Ese Uwo Ukunda niwe mwubakana Urugo?

Ubyumva Ute: Ese Uwo Ukunda niwe mwubakana Urugo?

Iyi ni ingingo ikunda kuganirwaho n’abantu benshi biganjemo urubyiruko rugejeje igihe cyo kubaka urugo. Bamwe bakibaza impamvu usanga umuntu wakunze cyane ndetse mwamaranye igihe kinini usanga hari ubwo mutabanye.

Wa musore we nakubwira ko hari itandukaniro rinini hagati y’umukobwa ukunda byasaze (wasariye) n’uwo mushobora kubakana urugo. Impamvu mvuga ibi ni uko bibaho kandi kenshi ko uwo muri mu rukundo usanga adafite ibyo wifuza k’uwo mwabana nk’umugore. Ntabwo buri gihe uzisanga ukundana n’uwo ushobora kubakana na we ubuzima.

Ubuzima: Ibintu icumi utari uzi ku ntanga ngore (amagi)

Ubuzima: Ibintu icumi utari uzi ku ntanga ngore (amagi)

Iyo uganira n’Abakobwa/Gore cyangwa n’abagabo usanga hari amakuru badafite ku Ntanga ngore. Hakaba n’abafite amakuru Atari ay’ukuri kuburyo byabashyira mu bibazo.

Muri iyi nkuru turagaruka ku bintu icumi utari uzi ku ntanga ngore (amagi).

Icya mbere ni uko Umwana w’umukobwa wese ukivuka aba afite hagati ya Miliyoni imwe n’ebyiri z’amagi mu mubiri we.

Ikindi ni uko Igitsinagore badafite ubushobozi bwo gukora amagi mashya, ku buryo yasimbura cyangwa akiyongera ku yo yavukanye ahubwo nkuko hejuru twabivuze Amagi Yose aravukanwa.

USA: Urukiko rwahamije Donald Trump ibyaha 34

USA: Urukiko rwahamije Donald Trump ibyaha 34

Donald Trump wigeze kuyobora amerika yahamijwe n’urukiko ibyaha 34 bishingiye ku gutanga amafaranga ngo umugore yasambanyije aceceke.

Ni umwanzuro watangajwe kuri uyu wa kane ndetse ni ubwa ubwa mbere mu mateka ya Amerika bibaye aho uwabaye perezida ahamijwe ibyaha n’urukiko.

Icyo cyemezo kandi cyatangajwe mu gihe habura amezi atanu ngo habe amatora y’umukuru w’igihugu kandi yagaragaje ko yifuza kuziyamamazamo.

Icyakora ntihatangajwe igihano yafatiwe bikaba biteganijwe ko bizatangazwa ku itariki ya 11 Nyakanga 2024. Hagati aho Trump yaburanye adafunze ndetse n’ubu niko birakomeza kugeza igihe urukiko ruzatangariza imyanzuro irimo n’ibihano yafatiwe yaba ari ugutanga ihazabu, igifungo gisubitse cyangwa gufungwa.

Rwanda: Diane Rwigara yatanze kandidatire ku mwanya w'umukuru w'igihugu

Rwanda: Diane Rwigara yatanze kandidatire ku mwanya w'umukuru w'igihugu

Diane Shima Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe muri Nyakanga 2024, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa kane tariki ya 30 Gicurasi 2024 Kuri Komisiyo y’igihugu y’amatora NEC, akaba ari nawo munsi wa nyuma wo kwakira kandidatire ku bifuza kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika no ku mwanya w’umudepite.

Mu byangombwa bisabwa yatanze ibaruwa itanga kandidatire, umwirondoro, ikimenyetso kimuranga gishyirwa ku rupapuro rw’itora, ilisiti y’abantu 600 bashyigikiye kandidatire ye, inyandiko y’ukuri, icyemezo cy’ubwenegihugu Nyarwanda bw’inkomoko, Amafoto abiri magufi na fotokopi y’ikarita ndangamuntu, Hari kandi icyemezo cy’amavuko n’icyemezo cyerekana ko umuntu yakatiwe cyangwa atakatiwe n’inkiko.

Ubuzima: Amasohoro agomba kuba yujuje ibiki kugirango abe yatera inda?

Ubuzima: Amasohoro agomba kuba yujuje ibiki kugirango abe yatera inda?

Hari benshi bibaza ku cyo abaganga bagenderaho bavuga ko umugabo afite intanga zitujuje ibisabwa akaba ari yo mpamvu atabasha gutera inda.

Mu gihe abandi biyumvisha ko baba bafite amasohoro n’intanga nkeya. N’aho abandi bakavuga ko bafite amasohoro ahagije, bityo rero kuvuga ko batabyara ari nta shingiro bifite.

Ese amasohoro n’intanga ni bimwe? Ese amasohoro agomba kuba yujuje ibiki kugirango abashe gutera inda?

Tugendeye ku bigenwa n’umuryango wita ku buzima kw’isi(WHO) byo muri 2010, amasohoro mazima ashobora gutera inda agomba kuba yujuje ibi bikurikira: