Featured

Igisirikare cyahiritse ku butegetsi perezida Ali Bongo

Igisirikare cyahiritse ku butegetsi perezida Ali Bongo

Nyuma y’amasaha macye byemejwe ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu ali bongo yahiritswe ku butegetsi.

Ibyo ni ibyatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu aho Igisirikare cya Gabon cyatangaje ko cyahiritse ku butegetsi Ali Bongo wari umaze amasaha make bitangajwe ko yegukanye amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 64.27%.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi nibwo  Komisiyo y’Amatora muri Gabon yatangaje ko Ali Bongo yatsindiye manda ya gatatu. Nyuma y’amasaha make ibi bitangajwe kuri Televiziyo y’Igihugu hahise hajyaho itsinda ry’abasirikare bavuga ko bahiritse ubutegetsi bw’uyu mugabo.

uburwayi butuma ubufite ahora ashaka kurya kabone nubwo yaba yariye byinshi.

uburwayi butuma ubufite ahora ashaka kurya kabone nubwo yaba yariye byinshi.

Uyu mukobwa w’imyaka 24 y’amavuko yitwa camelia aba mu mujyi wa graton muri new London afite uburwayi bwiswe prader willi syndrome, butuma ubufite ahorana inzara nyinshi kuuryo inshuro zose aba ashaka kurya dore ko arya ntahage.

Abanhanga mu buzima bavuga ko butangira kugaragara kuva umwana afite imyaka 2 y’amavuko ariko ibimenyetso bishobora kuboneka akivuka.

Uyu mukobwa nubwo afite imyaka 24 agaragara nkufite 15, ijwi rye, imyitwarire n’imitekerereze ye byose ntibiri ku rwego rwe ahubwo ninkibyabana bato.

Zimbabwe : Umuvugabutumwa Nelson Chamisa yanze kwemera ko yatsinzwe

Zimbabwe : Umuvugabutumwa Nelson Chamisa yanze kwemera ko yatsinzwe

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa zimbabwe, Nelson Chamisa, yatangaje ko ariwe watsinze amatora yo muri iki gihugu nyuma yo kutemera ibyangajwe na komisiyo y’amatora ya zimbabwe ko perezida emmerson mnangagwa yatsindiye  manda ya kabiri ku butegetsi.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Chamisa yavuze ko Muri Zimbabwe Hagiye kuba impinduka, Ndetse ko Batazategereza imyaka itanu

[caption id=“attachment_866” align=“alignnone” width=“300”] Nelson Chamisa umukandida perezida - Zimbabwe[/caption]

Chamisa yavuze ko Atemera Ibyavuye mu matora Kuko Ngo Nuburyo yakozwemo Bigaragaza ko Yabayemo Uburganya

DR Congo: Inama kuri État de siège, Depite ati 'umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana

DR Congo: Inama kuri État de siège, Depite ati 'umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana

Abadepite mu nteko ishingamategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari mu nama nyunguranabitekerezo ku bihe bidasanzwe by’ubutegetsi bwa gisirikare mu burasirazuba, depite yabwiye BBC ko bukwiye kuvaho.

Iyo nama y’iminsi itatu, yatangiye ku wa mbere, irasuzuma niba intara za Kivu ya Ruguru na Ituri, zirimo ubwo butegetsi buzwi nka État de siège, zarabonye umutekano ukwiriye cyangwa niba ntawagaragaye.

Raporo nshya ya ONU yatangajwe mu mpera y’icyumweru gishize, ivuga ko umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo wongeye kuzamba muri aya mezi, cyane mu ntara za Ituri na Kivu ya Ruguru kubera imitwe yitwaje intwaro.