Imibereho

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu nkiko haberamo imanza nyinshi, uru ni rumwe mu manza zabaye mu rukiko rw’ubucuruzi.

Banki ya Kigali Plc yatanze ikirego mu Rukiko rw’Ubucuruzi, isaba ko Nsengiyumva Fulgence yategekwa kwishyura umwenda remezo ayibereyemo ungana na 155.308.448 Frw, hiyongereyeho inyungu zibazwe kugera ku mwenda remezo, yose hamwe akaba 310.616.976 Frw. Urukiko rw’Ubucuruzi rwaciye urubanza rwemeza ko ikirego cya Banki ya Kigali Plc gifite ishingiro, rumutegeka kwishyura 300.000.000Frw.

Nsengiyumva Fulgence yajuririye Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, ruca urubanza rwemeza ko agomba kwishyura 155.301.368 Frw aho kuba 300.000.000 Frw.

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, bizatangira gukurikizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024.

RURA kandi yashyizeho n’ibiciro ku byerekezo bishya bigera kuri cumi na bibiri byashyizweho.

Ibiciro ni ibi bikurkirika;

African Updates

Rwanda: Kazungu Dennis yakatiwe gufungwa burundu

Rwanda: Kazungu Dennis yakatiwe gufungwa burundu

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwahamije Kazungu Denis ibyaha byose ashinjwa uko ari 10, rumukatira igifungo cya burundu.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 8 Werurwe 2024, aho Kazungu yahamijwe ibyaha icumi birimo kwica ku bushake, gusambanya ku gahato, iyicarubozo, kwinjira mu makuru ya mudasobwa cyangwa uruhererekane rwa mudasobwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, guhisha umurambo, gukoresha ibikangisho no gufungira umuntu ahatemewe.

Mu rubanza rwari rwabaye tariki ya 9 Gashyantare 2024, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko guhamya Kazungu ibi byaha byose, hanyuma rukamukatira igifungo cya burundu, cibwa n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw.

France: Imyigaragambyo y'abahinzi yafashe indi ntera, iherezo ni irihe?

France: Imyigaragambyo y'abahinzi yafashe indi ntera, iherezo ni irihe?

Kuri uyu wa kane ibihumbi by’abahinzi bo mu bufaransa bitabiriye imyiaragambyo basaba ko ibibazo byabo byitabwaho gusa Abashinzwe umutekano bawukajije ngo bahangane n’abarenga umurongo utukura bahawe.

Abahinzi barasaba leta y’ubufaransa guha agaciro umwuga wabo ndetse no kuzamura igiciro baguriraho imisaruro yabo  dore ko ngo bagurirwa ku giciro gito ku bicuruzwa imbere mu gihugu nyamara ngo abafaransa benshi batunzwe n’ubuhinzi bwabo.

Imyigarambyo imaze icyumweru iba, icyakora yafashe indi ntera kuva kuwa mbere w’iki cyumweru, kuri uyu wa kane naho ibihumbi by’abahinzi biriwe mu mihanda biyongereye ndetse bajyanye nibimashimi bihinga mu mihanda ijya I paris ndetse no ku bibuga byindege ngo barebe k ubutegetsi busha bwa minisitire w’inteeb Gabriel attal  hari icyo bwabikoraho.

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kuri uyu wa gatanu Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

Amatora y’umuyobozi w’umujyi wa Kigali yari yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza mu 2023 ahanganyemo abakandida babiri aribo Dusengiyumva wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu na Rose Baguma usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki y’Uburezi n’Isesengura muri Minisiteri y’Uburezi.

Samuel Dusengiyumva yagizwe Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, asimbura Pudence Rubingisa wahawe kuyobora Intara y’Uburasirazuba aho yagize amajwi 532 kuri 638.

Inteko Y’Ubwongereza Yatoye ishyigikira gahunda yo Kohereza Abimukira Mu Rwanda

Inteko Y’Ubwongereza Yatoye ishyigikira gahunda yo Kohereza Abimukira Mu Rwanda

Inteko ishinga amategeko y’u bwongereza yaraye itoye umwanzuro wo gushyigikira gahunda y’igihugu cyabo yo kohereza abimukira mu rwanda.

Ni itora ryemeje ko u rwanda ari igihugu gitekanye. abatoye bashyigikiye iki cyemezo ni 313 mu gihe abatoye batagishyigikiye ari 269.

Iyi gahunda leta y’ubwongereza ivuga ko igamije guca intege abimukira bambuka bajya muri icyo gihugu mu buryo butujuje ibisabwa.

minisitire w’intebe w’ ubwongereza sunak yavuze ko biri mu byibanze yitayeho ku buyobozi bwe.

Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi

Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 19 wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, akekwaho gukuramo inda, umwana akamuta aho bajugunya imyanda, .

Ni nyuma y’uko mu nyubako icumbikamo abakobwa izwi nka Benghazi, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu hatoraguwe uruhinja rw’amezi 8 rwari mu gatebo gasanzwe gashyirwamo imyanda rwasanzwe rwapfuye.

Urwo ruhinja ngo rwabonywe n’umukozi ushinzwe amasuku bigakekwa ko byaba byakozwe numwe mu banyeshuli baharara.

Israel ntizarekura abo yafunze mbere yo kuwa gatanu

Israel ntizarekura abo yafunze mbere yo kuwa gatanu

Ibiganiro hagati ya Hamas iyobora Gaza na Israel  byemeje ko habaho agahenge k’intambara ndetse abantu 50 bafashwe bakarekurwa. Ku rundi ruhande abagera ku 150 barimo abagore n’abana b’abanye Palestine bafashwe na Israel nabo ngo bazarekurwa nkuko byatangajwe.

kuri uyu wa kane leta ya Israel yavuze ko nta munye Palestine uzarekurwa mbere yo kuwa gatanu, ibyo byafashwe nk’amayeri yo gutinda gushyira mu bikorwa imyanzuro yemeranijweho mu biganiro byahuje impande zombi.

Muri ibyo biganiro umuhuza ni ubwami bwa Qatar, Bemeje ko hatangwa iminsi ine nta mirwano yumvikana  umuvgizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Qatar yavuze ko iyo ari intambwe nziza itewe ndetse hari icyizere ko imirwano yazahagarara by’igihe kirekire.

Kenya: Abaturage barakajwe bikomeye n'itegeko rishya risoresha abinjiye mu gihugu

Kenya: Abaturage barakajwe bikomeye n'itegeko rishya risoresha abinjiye mu gihugu

Muri kenya abaturage bari kwamagana icyemezo cya leta cyo gusoresha abinjiye mu gihugu .

Ni imisoro mishya yashyizweho aho uwinjiye muri kenya yaba umunyamahanga cyangwa umunyagihugu aba agomba gutanga umusoro wicyo yinjiranye ariko gifite agaciro kari hejuru ya y’amadorari 500

Ibyo kandi ntibireba ku gikoresho gishya cyangwa igisanzwe gikora. Icyakora ibyo byakiriwe nabi n’abaturage bavuga ko bidakwiye ndetse abagize inteko ishinga amategeko bamwe bavuga ko biri gusigira isura mbi igihugu ndetse ngo byagabanya umubare w’abasura icyo gihugu.

Niger: Mohamed Bazoum yafashwe agerageza gutoroka aho afungiye

Niger: Mohamed Bazoum yafashwe agerageza gutoroka aho afungiye

Mohamed Bazoum wahoze ayobora Niger yagerageje gutoroka aho afungiye afatwa atarabigeraho.

Ibyo byatangajwe n’ubuyobozi bw’igisirikare kiyoboye mu nzibacyuho bavuga ko ibyo byabaye kuri uyu wa kane nkuko byashimangiwe n’umuvugizi wabo bwana Amadou Abdramane, yavuze ko bamwe mu bari bamufashije bahise batabwa muri yombi ndetse ubu ngo iperereza ryatangiye ngo hamenyekkane icyibyihishe inyuma .

Icyakora amakuru yamaze kujya hanze avuga ko ngo gahunda ye yari ukubanza agashaka aho aba yihishe I Niamey muri Niger nyuma agahunga igihugu anyuze muri kajugujugu.