International

AMERIKA NA IRAN BAHANYE IMFUNGWA ZA POLITIKE

AMERIKA NA IRAN BAHANYE IMFUNGWA ZA POLITIKE

Abanyamerika batanu ndetse n’abanya Iran batanu barekuwe nyuma y’amasezerano yo guhana imfungwa yagezweho hagati y’ibihugu byombi.

Ni ubwumvikane bwagizwemo uruhare na Qatar guhera muri gashyantare umwaka ushize ndetse bemeje ko miliyari esheshatu z’amadorari za iran yari yarafatiriwe muri koreya y’epfo asubizwa iran binyuze muri bank y’I Doha.

Icyakora Amerika ivuga ko abaturage bayo bari bafungiwe impamvu za politike dore ko ibyo baregwa by’ubutasi bidafite ishingiro

Hagati aho kandi abanya iran batanu bari bamaze igihe bafungiwe muri amerika bazira kurenga ku bihano bya amerika barekuwe nyuma y’ubwo bwumvikane nubwo bitaramenyekana niba basubira muri iran.

CUBA: 17 BAFUNZWE KUBERA KOHEREZA ABATURAGE KURWANIRA UBURUSIYA MURI UKRAINE

CUBA: 17 BAFUNZWE KUBERA KOHEREZA ABATURAGE KURWANIRA UBURUSIYA MURI UKRAINE

Abanya cuba 17 batawe muri yombi bakurikiranyweho kohereza abaturage kurwanira uburusiya muri Ukraine.

Amakuru avuga ko iyo nzira ituruka muri cuba aho abanya cuba boroherezwa kugera muri Ukraine ngo barwanire uburusiya mu ntambara bugiye kumaa imyaka bashije.

Inzego z’ubuyobozi muri cuba zemeje ko abo 17 batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha byo gucuruza abantu byatumye urubyiruko rwabanya cuba bishora mu rugamba rwa gisirikare muri Ukraine

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ivuga koi maze igihe ikora ibishoboka ngo ihangane n’abakora ibyo bikorwa bashyize ibirindiro muri icyo gihugu

Imyaka 2 iruzuye abataliban bongeye gusubirana ubutegetsi muri afganistan.

Imyaka 2 iruzuye abataliban bongeye gusubirana ubutegetsi muri afganistan.

Ni umunsi wahawe ikiruhuko aho mri icyo gihugu icyakora abagore biriwe mu myigaragambyo basaba ko basubizwa uburenganzira nkubo bahoranye.

Mu bihumbi 2021 ubwo abataliban basubiranaga ubutegetsi basezeranije ko batazabuza uburenganzira abakobwa nkuko byahoze mu myaka ya 1990 icyakora nyuma yigihe gito babujije abakobwa kujya mu mashuli yisumbuye ndetse kaminuza bihinduka itegeko ko nta mukobwa wemerewe kuyigeramo.

Si ibyo gusa kuko batemerewe gukora mu muryango itegamiye kuri leta, umuryango wabibumbye, kujya mu mihanda badapfutse mu maso hose. Babujijwe kandi kujya ahahurira abantu benshi, muri gym ndetse vuba aha baherutse no gufunga inzu zita ku bwiza ibyatumye abareng aibihumbi 60 babura akazi.

Perezida Putin Yemeye Kuzatanga INGANO Muri Afurika mu Mezi ari Imbere

Perezida Putin Yemeye Kuzatanga INGANO Muri Afurika mu Mezi ari Imbere

Prezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, kuri uyu wa kane, yabwiye abategetsi b’ibihugu vya Afrika ko azobaha amatoni n’amatoni y’iNGANO mu mezi ari imbere, ngo naho ibihugu vyo mu burengero bw’isi vyafatiye ibihano igihugu ciwe.

Yatangaje ko ivyo bihano vyatumye bitorohera Uburusiya gushorera hanze ingano.

Mw’ijambo yashikirije abitavye inama igenewe imigenderanire hagati y’Uburusiya na Afrika iriko ibera mu gisagara ca St Petersburg, Prezida Putin yatangaje ko igihugu ciwe citeze umwimbu ukomeye cane w’intete muri uyu mwaka w’i 2023.

Perezida wa Ukraine afite umugambi wo kwimurira intambara mu Burusiya

Perezida wa Ukraine afite umugambi wo kwimurira intambara mu Burusiya

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko intambara igihugu cye kimazemo igihe afite gahunda yo kuyimurira ku butaka bw’u Burusiya.

Mu ijambo yagejeje ku baturage ba Ukraine ku Cyumweru tariki 30 Nyakanga, yavuze ko “gake gake intambara u Burusiya bwatangije iri kugenda igana ku butaka bwabwo, cyane cyane ikazibasira ibice bifite icyo bivuze gikomeye kuri iki gihugu n’ibigo bya gisirikare.”

Yavuze ko ‘nta buryo buhari bwo kwirinda iyi gahunda yo kwimurira intambara ku butaka bw’u Burusiya, ashimangira ko Ukraine ikomeye.”

Ubufaransa Bwavuze ko Butazihanganira Uzabangamira Inyungu Zabwo muri Nijeri

Ubufaransa Bwavuze ko Butazihanganira Uzabangamira Inyungu Zabwo muri Nijeri

Leta y’Ubufaransa kuri iki cyumweru yatangaje ko itazihanganira ikintu cyose kizabangamira abaturage b’abwo cyangwa inyungu zabwo muri

Ibyo Ubufaransa bwabitangake mu gihe hanze y’Ambasade yabwo i Niamey mu murwa mukuru wa Nijeri hari uruhuri rw’abigaragambya bashyigikiye ubutegetsi bwa gisirikare bwagiyeho.

Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa byatangaje ko azahangana n’ikintu icyo ari cyo cyose kizakora mu jisho Ubufaransa n’inyungu zabwo. Mu buryo butaziguye itangazo ryavuye mu biro bye ryavuze ko Ubufaransa buzahangana n’uzagaba igitero ku badiplomate babwo, ingabo zabwo cyangwa ibikorwa by’ubucuruzi by’Abafaransa muri Nijeri.

Ingabo z' u Rwanda zabeshyuje igisirikare cya Congo FARDC

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwamaganye ibirego byasohowe n’ingabo za Congo FARDC zishinja Ingabo z’u Rwanda ko zagabye igitero muri Kivu y’Amajyaruguru.Ni mu itangazo ryashyizwe ahagaragra kuri uyuwa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga 2023.RDF ivuga ko ibi birego ari ibinyoma kandi nta shingiro bifite ahubwo biri mu mugambi wa Leta ya Congo wo kuyobya uburari ku bibazo ifite birimo kunanirwa gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu no kubungabunga amahoro n’umutekano ku mipaka yabo, mu gihe inakomeje gushyigikira no guha intwaro umutwe w’terabwoba wa FDLR ugizwe na bamwe basize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Abatanga serivise mu nzu zita ku bwiza bw’abagore batangiye gufunga imiryango

Muri afganistan abatanga serivise mu nzu zita ku bwiza bw’abagore batangiye gufunga imiryango bashyira mu bikorwa itegeko ry’abatalibani. Baavuga ko ari uburyo bwo gukomeza gusubiza inyuma umukobwa bagasaba amahanga kugira icyo yabikoraho.

Kuva kuri uyu wa kabiri abafite ibikorwa byatangaga serivise mu nzu zita ku bwiza bw’abagore batangiye kubika ibikoresho abandi bafunga imiryango. Ni nyuma y’icyemezo  cyafashwe numutwe w’abataliban bayoboye icyo gihugu bategeka ko izo nzu zifungwa burundu.

Ni icyemezo cyakiriwe nabi n’abatangaga izo serivise biganjemo abagore bavuga ko ari umugambi w’abatalibani wo gukomeza gukandamiza abagore ndetse baabsubiza inyuma.