News

Rwanda: Kwizera Olivier yagarutse mu Mavubi nyuma y’imyaka itatu adahamagarwa

Rwanda: Kwizera Olivier yagarutse mu Mavubi nyuma y’imyaka itatu adahamagarwa

Nyuma y’imyaka itatu umunyezamu Kwizera Olivier adahamagarwa mu ikipe y’igihugu Amavubi, umutoza Adel Amrouche yongeye kumugirira icyizere.

Kwizera Olivier, waherukaga guhamagarwa muri Kamena 2022, kuri ubu yatangiye umwiherero hamwe n’abandi bakinnyi bakina imbere mu gihugu, nubwo ubu nta kipe abarizwamo.

Umwiherero w’ikipe y’igihugu watangiye kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2025, biteganyijwe ko uzasozwa ku wa 16 Ugushyingo, aho bazibanda ku myitozo yerekeye ubumenyi bwa tekinike.

Bamwe mu bandi bakinnyi bahamagawe barimo Ishimwe Pierre na Niyongira Patience, bafatanya na Kwizera Olivier mu kurinda izamu ry’Amavubi.

APR FC yongeye kwiyunga n’abakunzi bayo itsinda Rayon Sports

APR FC yongeye kwiyunga n’abakunzi bayo itsinda Rayon Sports

Kuri uyu wa Gatandatu, Tariki ya 8/11/2025 ni bwo hakomezaga imikino y’umunsi wa karindwi wa shampiyona, aho APR FC yari yakiriye umukeba wayo, Rayon Sports, kuri Stade Amahoro i Remera ibasha kubona intsinzi imbere y’abafana bayo, itsinda ibitego bitatu ku busa (3-0).

Ni umukino wari utegerejwe n’abakunzi benshi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, kuko aya makipe yombi ari yo afite abafana benshi kandi ahora arangwa no guhangana gukomeye, buri yose yumva igomba gutsinda.

APR FC ikomeje imyiteguro y'umukino uzayihuza na Rayon Sport FC kuri uyu wa gatandatu

APR FC ikomeje imyiteguro y'umukino uzayihuza na Rayon Sport FC kuri uyu wa gatandatu

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo, saa cyenda z’amanywa, kuri Stade Amahoro i Remera, nibwo ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC izakira umukino uzayihuza na Rayon Sports FC. Uyu mukino w’amakipe yombi uzwi cyane ku izina rya _“_A Thousand Hills Derby” Derby y’u Rwanda rw’imisozi igihumbi.

Ni umwe mu mikino ikunzwe kurusha indi yose mu Rwanda, ukunze kurangwa n’impaka nyinshi mu bafana, n’imyiteguro iri ku rwego rwo hejuru ku mpande zombi.

Imikino: Abanyarwanda batangiye kwigaragaza muri CAF Confederation Cup

Imikino: Abanyarwanda batangiye kwigaragaza muri CAF Confederation Cup

Imikino y’amajonjora ya mbere y’amarushanwa ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup 2025/2026 irangiye, aho bamwe mu bakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze y’igihugu batangiye kwandika amateka mashya ku rwego rwa Afurika.

Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda barimo Mugisha Bonheur, Ntwari Fiacre na Buregeya Prince, bamaze gufasha amakipe yabo kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup, irushanwa rikomeje gutanga icyizere mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika.

Mugisha Bonheur, ukinira Al Masry yo mu Misiri, yabonye itike yo gukina amatsinda nyuma yo gusezerera Al-Ittihad yo muri Libya ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Ntwari Fiacre, umunyezamu wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, yafashije ikipe ye gusezerera AS Simba yo muri RDC ku bitego 3-1 mu mikino yombi.

Ubutabera: U Rwanda rwishimiye ubutabera ku gihano cya Dr Munyemana Sosthène

Ubutabera: U Rwanda rwishimiye ubutabera ku gihano cya Dr Munyemana Sosthène

Abanyarwanda bishimiye igihano cy’imyaka 24 cyemejwe n’Urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa kuri Dr Munyemana Sosthène wahamijwe ibyaha bya Jenoside

Abanyarwanda batandukanye barimo n’abaharanira ubutabera ku byaha bya Jenoside, bakomeje kugaragaza ko bishimiye icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, cyemeza igifungo cy’imyaka 24 kuri Dr Munyemana Sosthène, wahoze ari umuganga w’abagore mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubutabera: Ubufaransa bukomeje gukurikirana imanza zijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera: Ubufaransa bukomeje gukurikirana imanza zijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubanza rwa Dr Munyemana Sosthène rwagaragaje intambwe u Bufaransa bwateye mu gukurikirana abakekwaho Jenoside

Urubanza rwa Dr Munyemana Sosthène rwasomwe n’Urukiko rwa rubanda rwa Paris ku wa 24 Ukwakira 2025, rwongeye kwibutsa amahanga ko ibyaha bya Jenoside bidasaza, kandi ko ubutabera bushobora kugera aho uwakoze icyaha ari hose. Uyu muganga wahoze akorera i Butare mu 1994, yakatiwe igifungo cy’imyaka 24 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.

Dr Munyemana, wavutse mu 1955 i Mbare muri Gitarama, yagiye kwiga mu Bufaransa nyuma ya Jenoside, aho yakomeje umwuga w’ubuvuzi imyaka myinshi kugeza ubwo yatangiye gukurikiranwa n’inkiko mpuzamahanga. Mu 2006 yashyizwe ku rutonde rwa Interpol, nyuma y’uko u Rwanda rusabye ko yoherezwa kuburanira mu gihugu ariko u Bufaransa bukabyanga. Nyuma y’imyaka irenga 20, ni bwo yagejejwe imbere y’ubutabera bw’u Bufaransa, kuva mu Ugushyingo kugeza mu Ukuboza 2023.

U Rwanda rwatangiye guhugura abarimu ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano mu burezi

U Rwanda rwatangiye guhugura abarimu ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano mu burezi

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko gahunda yo guhugura abarimu ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence, AI) yatangiye gushyirwa mu bikorwa, hagamijwe guteza imbere uburezi bujyanye n’igihe n’ikoranabuhanga rigezweho.

Iyi gahunda ibarizwa mu murongo mugari w’Igihugu wo guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, nk’uko biteganywa n’Icyerekezo cya 2050 ndetse na gahunda ya kabiri ya Guverinoma y’imyaka itanu (NST2), byombi bishyira imbere kongerera ubumenyi n’ubushobozi abakozi bo mu nzego zitandukanye.

Mu nama nyafurika yahuje inzobere mu ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano mu burezi n’iterambere ry’umurimo yabereye i Kigali ku wa Kane, tariki ya 23 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Nsengimana Joseph, yavuze ko igihugu cyatangiye kwitegura guhindura uburyo bwo kwigisha n’ubwo kwiga hakoreshejwe AI.

Nyuma yo gutsindwa na Benin, Amavubi ategereje umukino wa nyuma na Afurika y’Epfo

Nyuma yo gutsindwa na Benin, Amavubi ategereje umukino wa nyuma na Afurika y’Epfo

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14/10/2025 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ikipe y’u Rwanda  ‘Amavubi’ izacakirana n’iya Afurika y’Epfo (Bafana Bafana) mu mukino ukomeye wo gusoza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Mbolela Stadium, iherereye mu burasirazuba bwa Afurika y’Epfo, ukaba utegerejwe n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda no hanze yarwo.

Umutoza mukuru w’Amavubi, Adel Amrouche, yatangaje ko ikipe ye iri mu myiteguro ya nyuma kandi yiteguye guhatana ngo bazitabire imikino y’igikombe cy’isi.

Rwanda: Abakora ibikomoka ku mpu bahawe ubumenyi bushya bwo guhatanira amasoko mpuzamahanga

Rwanda: Abakora ibikomoka ku mpu bahawe ubumenyi bushya bwo guhatanira amasoko mpuzamahanga

Kuva tariki ya 6 Ukwakira 2025, abakora ibikomoka ku mpu hirya no hino mu gihugu bari mu mahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ahuriwemo abasaga 600. Aya mahugurwa yasojwe ku wa Gatanu, agamije guteza imbere ubuziranenge n’ubucuruzi bujyanye n’igihe.

Bwana Twahirwa Christian, Umuyobozi ushinzwe guteza imbere inganda no kwihangira imirimo muri MINICOM, yavuze ko aya mahugurwa ari igisubizo kirambye kuko uru rwego rwakoraga rudafite ubunyamwuga buhagije.Yagize ati:

“Bahuguwe ku ngingo zitandukanye: gucunga business, uko basora, uko bacunga imari, uko bandika ibyo bakoze mu bitabo by’imari. Ni mu rwego rwo kubafasha kugira ubumenyi bwo guhangana ku isoko, bakabasha no kwisabira inguzanyo muri banki zitandukanye. Kugira ngo babigereho bagomba kubahiriza amategeko harimo no kwandika books of account n’ibindi.”