
Rwanda: Perezida Kagame yambitse ipeti aba Ofisiye bashya 1,029 binjira mu Ngabo z’u Rwanda (RDF)
Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 03, U kwakira 2025, abasirikare 1,029 barangije amasomo ku rwego rwa ofisiye bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Uyu muhango wabereye mu Ishuri rya Gisirikare rya Gako, mu karere ka Bugesera. wanahujwe no kwizihiza imyaka 25 iri shuri rimaze ritanga ubumenyi ku rwego rwa ofisiye.
Aba bahawe ipeti bari mu byiciro bine (4) bitandukanye harimo Abasoje amasomo y’imyaka 4, Abasoje umwaka 1, Abasoje amezi 8 n’abaturutse hanze y’u Rwanda








