News

Gen Brice Oliguin Nguema agiye kurahirira kuyobora inzibacyuho muri Gabon

Gen Brice Oliguin Nguema agiye kurahirira kuyobora inzibacyuho muri Gabon

Umukuru w’igisirikare cyafashe ubutegetsi muri Gabon Gen Brice Oligui Nguema biteganijwe ko kuri uyu wa mbere arahirira kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’inzibacyuho.

Ni nyuma y’uko kuwa gatatu w’icyumweru gishize we n’abandi bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu bahiritse ku butegetsi Perezida Ali Bongo wari umaze amasaha make yemejwe nkuwatsinze amatora y’umukuru w’igihugu.

Biteganijwe ko mu bari bwitabire uwo muhango harimo abasirikare bafite ubutegtsi bwo mu bihugu bitandukanye byo muri afurika y’uurengerazuba nabo baherutse guhirika ubutegetsi.

Igisirikare cyahiritse ku butegetsi perezida Ali Bongo

Igisirikare cyahiritse ku butegetsi perezida Ali Bongo

Nyuma y’amasaha macye byemejwe ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu ali bongo yahiritswe ku butegetsi.

Ibyo ni ibyatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu aho Igisirikare cya Gabon cyatangaje ko cyahiritse ku butegetsi Ali Bongo wari umaze amasaha make bitangajwe ko yegukanye amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 64.27%.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi nibwo  Komisiyo y’Amatora muri Gabon yatangaje ko Ali Bongo yatsindiye manda ya gatatu. Nyuma y’amasaha make ibi bitangajwe kuri Televiziyo y’Igihugu hahise hajyaho itsinda ry’abasirikare bavuga ko bahiritse ubutegetsi bw’uyu mugabo.

uburwayi butuma ubufite ahora ashaka kurya kabone nubwo yaba yariye byinshi.

uburwayi butuma ubufite ahora ashaka kurya kabone nubwo yaba yariye byinshi.

Uyu mukobwa w’imyaka 24 y’amavuko yitwa camelia aba mu mujyi wa graton muri new London afite uburwayi bwiswe prader willi syndrome, butuma ubufite ahorana inzara nyinshi kuuryo inshuro zose aba ashaka kurya dore ko arya ntahage.

Abanhanga mu buzima bavuga ko butangira kugaragara kuva umwana afite imyaka 2 y’amavuko ariko ibimenyetso bishobora kuboneka akivuka.

Uyu mukobwa nubwo afite imyaka 24 agaragara nkufite 15, ijwi rye, imyitwarire n’imitekerereze ye byose ntibiri ku rwego rwe ahubwo ninkibyabana bato.

Zimbabwe : Umuvugabutumwa Nelson Chamisa yanze kwemera ko yatsinzwe

Zimbabwe : Umuvugabutumwa Nelson Chamisa yanze kwemera ko yatsinzwe

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa zimbabwe, Nelson Chamisa, yatangaje ko ariwe watsinze amatora yo muri iki gihugu nyuma yo kutemera ibyangajwe na komisiyo y’amatora ya zimbabwe ko perezida emmerson mnangagwa yatsindiye  manda ya kabiri ku butegetsi.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Chamisa yavuze ko Muri Zimbabwe Hagiye kuba impinduka, Ndetse ko Batazategereza imyaka itanu

[caption id=“attachment_866” align=“alignnone” width=“300”] Nelson Chamisa umukandida perezida - Zimbabwe[/caption]

Chamisa yavuze ko Atemera Ibyavuye mu matora Kuko Ngo Nuburyo yakozwemo Bigaragaza ko Yabayemo Uburganya

UBUYOBOZI BW'UMUJYI WA KIGALI BUGIYE KWIMURA ABATUYE AHASHYIRA UBUZIMA BWABO MU KAGA

UBUYOBOZI BW'UMUJYI WA KIGALI BUGIYE KWIMURA ABATUYE AHASHYIRA UBUZIMA BWABO MU KAGA

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko inzu zose ziriho ikimenyetso cya ‘Towa’ zigomba gusenywa ndetse ngo hari gukorwa ibishoboka ku buryo imvura iteganyijwe kugwa kuva muri Nzeri itazasanga zigihari.

Imiryango irenga ibihumbi birindwi ni yo yabarurwaga mu Mujyi wa Kigali nk’ituye ahantu hashyira ubuzima bwayo mu kaga, ibizwi nk’amanegeka.

Nyuma y’ibiza biheruka kwibasira u Rwanda muri Gicurasi 2023, bigahitana abantu 135, bikanasenya inzu 5.963 hirya no hino mu gihugu n’ibikorwaremezo bikangirika, byongeye gukangura abayobozi mu bice bitandukanye by’igihugu batangira gushishikariza abaturage kwimuka mu bice bishyira ubuzima bwabo mu kaga.

IGISIRIKARE CYAFASHE UBUTEGETSI MURI NIGER CYAHAMAGAJE AMBASADERI WAYO MURI CÔTE D'IVOIRE

IGISIRIKARE CYAFASHE UBUTEGETSI MURI NIGER CYAHAMAGAJE AMBASADERI WAYO MURI CÔTE D'IVOIRE

Muri niger umwuka ukomeje kuva mubi hagati yicyo gihugu nabaturanyi bo muri afurika yuburengerazuba.

Ubu General Tchiani wihaye ubutegetsi yahamagaje uwari uhagarariye niger muri Cote d’ivoir nyuma yamagamo yatangajwe na perezida Alassane Ouattara.

Mu cyumweru gishize ubwo abakuriye ibihugu byo mu muryango wa ecowas bahuriraga I Abuja bemeranije gushyiraho ingabo zajya gusubiza ibintu ku buryo isaha iyo ariyo yose . nyuma yahoo perezida ouatara yavuze ko igihugu cye cyiteguye gutanga batayo yabasirikare bazajya kurwana muri niger mu gihe abafashe ubutegetsi ntacyo baba bakoze.

IGITERO CY'INDEGE KISHE ABANTU 26 MURI AMHARA

IGITERO CY'INDEGE KISHE ABANTU 26 MURI AMHARA

Muri Ethiopia haravuga igitero cy’indege cyatwaye ubuzima bw’abantu 26 Mu ijoro ryo ku cyumweru.

Ni igitero bivugwa ko cyabereye mu ntara ya Amhara imaze imyaka 2 mu mirwano nigisirikare kiri ku butegetsi aho gihanganye numtwe witwara gisirikare wo muri ako gace.

Bbc ivuga ko abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Ethiopia bamaganye icyo gitero ndetse umwe mu bakora ku ivuriro avuga ko yumvise ikintu giturika mu masaha yumugoroba nyuma yumwanya batangira kwakira abakomeretse kwa ku muganga bari bambaye gisivile. ni mugihe kandi abagize inteko ishinga amategetko baraye bemeje ko hashyirwaho ibihe bidasanzwe muri Amhara bizamara amezi 6 ndetse hatowe itegeko ryemerera abashinzwe umutekano guta muri yombi no gufunga batagombye kubihererwa uburenganzira nurukiko.

DR Congo: Inama kuri État de siège, Depite ati 'umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana

DR Congo: Inama kuri État de siège, Depite ati 'umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana

Abadepite mu nteko ishingamategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari mu nama nyunguranabitekerezo ku bihe bidasanzwe by’ubutegetsi bwa gisirikare mu burasirazuba, depite yabwiye BBC ko bukwiye kuvaho.

Iyo nama y’iminsi itatu, yatangiye ku wa mbere, irasuzuma niba intara za Kivu ya Ruguru na Ituri, zirimo ubwo butegetsi buzwi nka État de siège, zarabonye umutekano ukwiriye cyangwa niba ntawagaragaye.

Raporo nshya ya ONU yatangajwe mu mpera y’icyumweru gishize, ivuga ko umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo wongeye kuzamba muri aya mezi, cyane mu ntara za Ituri na Kivu ya Ruguru kubera imitwe yitwaje intwaro.

Menya Gen. Tchiani umusirikare ucecetse wakoreye i Darfour na DRC ubu wafashe ubutegetsi muri Niger

Menya Gen. Tchiani umusirikare ucecetse wakoreye i Darfour na DRC ubu wafashe ubutegetsi muri Niger

Igihe kimwe yabaye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bindi bihugu nka DR Congo, ubu general Abdourahmane Tchiani niwe watangije ikibazo gihanze Africa y’iburengerazuba ayobora coup d’État muri Niger.

Umugabo udakunda kwishyira hanze ndetse kugeza ubu utari uzwi uretse mu bamwegereye, yari umukuru w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu kugeza ahiritse ku butegetsi uwo yari ashinzwe kurinda, Perezida Mohamed Bazoum.

Gen Tchiani yahise yiyita umukuru wa Conseil national pour la sauvegarde de la patrie (CSNP) igizwe n’agatsiko k’abasirikare kafashe ubutegetsi tariki 26 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga.

Perezida  Kagame,  yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa “Zaria Court Kigali”

Perezida  Kagame,  yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa “Zaria Court Kigali”

Kuri uyu wa mbere perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari kumwe na Masai Ujiri n’abandi bafatanyabikorwa, batangije ibikorwa byo kubaka ibikorwa remezo birimo ibibuga by’imikino na hoteli zaria court i Remera ahahoze hakorera RBC.

Biteganjwe ko hazatanga imirimo ku bantu 500, hazaba hari ibibuga by’imikino, ibyumba 80 bya hoteli resitora, inzu zimyitozo ngororamubiri ibizwi nka gym ndetse n’ibindi.

image.png

 

Perezida Kagame yavuze ko imikino igira uruhare runini mu iterambere haba mu bukungu no mu zindi nzego.