Politic

U Bushinwa: Leta yishimiye ko Umubare w’abakora ubukwe wiyongereye

U Bushinwa: Leta yishimiye ko Umubare w’abakora ubukwe wiyongereye

Imibare y’abakora ubukwe ikomeje kwiyongera mu gihe ubushinwa buhanganye n’ikibazo cy’umubare muto w’abavuka.

Mu gihe igihugu cy’ubushinwa bakomeje gushishikariza urubyiruko kwitabira gahunda yo kurushinga no kubyara Imibare mishya irerekana ko abaturage bo mu bushinwa bangana na miliyoni 7.68 bakoze ubukwe mu mwaka wa 2023 , uko kuzamuka kungana na 12.4 % ugereranije n’umwaka wari wabanje wa 2022.

Ni ukuvuga ko mu 2023 habaye ubukwe bwiyongereyeho 845,000 ugereranije n’ubwari bwakozwe mu mwaka wabanje. Nubwo bimeze gutyo umwaka wa vuba uheruka kubamo ubukwe bw’abantu benshi mu bushinwa ni uwa 2013 icyo gihe abantu miliyoni 13.47 bakoze ubukwe.

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, bizatangira gukurikizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024.

RURA kandi yashyizeho n’ibiciro ku byerekezo bishya bigera kuri cumi na bibiri byashyizweho.

Ibiciro ni ibi bikurkirika;

African Updates

Rwanda: Kazungu Dennis yakatiwe gufungwa burundu

Rwanda: Kazungu Dennis yakatiwe gufungwa burundu

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwahamije Kazungu Denis ibyaha byose ashinjwa uko ari 10, rumukatira igifungo cya burundu.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 8 Werurwe 2024, aho Kazungu yahamijwe ibyaha icumi birimo kwica ku bushake, gusambanya ku gahato, iyicarubozo, kwinjira mu makuru ya mudasobwa cyangwa uruhererekane rwa mudasobwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, guhisha umurambo, gukoresha ibikangisho no gufungira umuntu ahatemewe.

Mu rubanza rwari rwabaye tariki ya 9 Gashyantare 2024, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko guhamya Kazungu ibi byaha byose, hanyuma rukamukatira igifungo cya burundu, cibwa n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw.

DR Congo: Umutwe wa M23 washyizeho abayobozi mu duce igenzura

DR Congo: Umutwe wa M23 washyizeho abayobozi mu duce igenzura

Umutwe wa M23 wasohoye itangazo rishyiraho abayobozi ba gisivile mu duce yafashe igenzura mu teretwari ya Rutshuro muri kivu ya ruguru Mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi Congo.

Iri tangazo ry’umutwe wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi Congo rivuga ko hashyizweho abayobozi ba gisivile ndetse n’abazajya bayobora ama centere nka Bunagana, Kiwanja na Rubare basanzwe bagenzura ziri muri teretwari ya Rutshuro.

Icyo cyemezo bagifashe kandi nyuma y’uko mu minsi ishize umutwe wa M23 wari umaze igihe ugabwaho  ibitero by’ indege zintambara ndetse byasize hari abakomando bayo bishwe.

Japan: Abantu 60 bamaze guhitanwa n'umutingito ukomeye

Japan: Abantu 60 bamaze guhitanwa n'umutingito ukomeye

Mu buyapani abantu 60 nibo bamaze kubarurwa ko baguye mu mutingito wabaye kuwa mbere  wiki cyumweru.

Uwo mutingito wari ku igipimo cya 7.6 ni igipimo kiri hejuru.

Minisitire w’intebe Fumio kishida yavuze ko hari abandi bakomeretse ndetse ngo bari gusiganwa nigihe ngo batabare abagwiriwe n’ibikuta byinzu .

Abantu 1000 bashinzwe ubutabazi bari gukora ibishoboka byose ngo batabare naho igisirikare kiri gufasha mu gutanga ibyo kurya

Perezida wa Amerika Joe Biden yihanganishije ubuyapani avuga ko igihugu cye kiteguye gutanga ubufasha igihe cyose gikenewe.

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kuri uyu wa gatanu Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

Amatora y’umuyobozi w’umujyi wa Kigali yari yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza mu 2023 ahanganyemo abakandida babiri aribo Dusengiyumva wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu na Rose Baguma usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki y’Uburezi n’Isesengura muri Minisiteri y’Uburezi.

Samuel Dusengiyumva yagizwe Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, asimbura Pudence Rubingisa wahawe kuyobora Intara y’Uburasirazuba aho yagize amajwi 532 kuri 638.

Inteko Y’Ubwongereza Yatoye ishyigikira gahunda yo Kohereza Abimukira Mu Rwanda

Inteko Y’Ubwongereza Yatoye ishyigikira gahunda yo Kohereza Abimukira Mu Rwanda

Inteko ishinga amategeko y’u bwongereza yaraye itoye umwanzuro wo gushyigikira gahunda y’igihugu cyabo yo kohereza abimukira mu rwanda.

Ni itora ryemeje ko u rwanda ari igihugu gitekanye. abatoye bashyigikiye iki cyemezo ni 313 mu gihe abatoye batagishyigikiye ari 269.

Iyi gahunda leta y’ubwongereza ivuga ko igamije guca intege abimukira bambuka bajya muri icyo gihugu mu buryo butujuje ibisabwa.

minisitire w’intebe w’ ubwongereza sunak yavuze ko biri mu byibanze yitayeho ku buyobozi bwe.

Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi

Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 19 wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, akekwaho gukuramo inda, umwana akamuta aho bajugunya imyanda, .

Ni nyuma y’uko mu nyubako icumbikamo abakobwa izwi nka Benghazi, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu hatoraguwe uruhinja rw’amezi 8 rwari mu gatebo gasanzwe gashyirwamo imyanda rwasanzwe rwapfuye.

Urwo ruhinja ngo rwabonywe n’umukozi ushinzwe amasuku bigakekwa ko byaba byakozwe numwe mu banyeshuli baharara.

Israel ntizarekura abo yafunze mbere yo kuwa gatanu

Israel ntizarekura abo yafunze mbere yo kuwa gatanu

Ibiganiro hagati ya Hamas iyobora Gaza na Israel  byemeje ko habaho agahenge k’intambara ndetse abantu 50 bafashwe bakarekurwa. Ku rundi ruhande abagera ku 150 barimo abagore n’abana b’abanye Palestine bafashwe na Israel nabo ngo bazarekurwa nkuko byatangajwe.

kuri uyu wa kane leta ya Israel yavuze ko nta munye Palestine uzarekurwa mbere yo kuwa gatanu, ibyo byafashwe nk’amayeri yo gutinda gushyira mu bikorwa imyanzuro yemeranijweho mu biganiro byahuje impande zombi.

Muri ibyo biganiro umuhuza ni ubwami bwa Qatar, Bemeje ko hatangwa iminsi ine nta mirwano yumvikana  umuvgizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Qatar yavuze ko iyo ari intambwe nziza itewe ndetse hari icyizere ko imirwano yazahagarara by’igihe kirekire.

Kenya: Abaturage barakajwe bikomeye n'itegeko rishya risoresha abinjiye mu gihugu

Kenya: Abaturage barakajwe bikomeye n'itegeko rishya risoresha abinjiye mu gihugu

Muri kenya abaturage bari kwamagana icyemezo cya leta cyo gusoresha abinjiye mu gihugu .

Ni imisoro mishya yashyizweho aho uwinjiye muri kenya yaba umunyamahanga cyangwa umunyagihugu aba agomba gutanga umusoro wicyo yinjiranye ariko gifite agaciro kari hejuru ya y’amadorari 500

Ibyo kandi ntibireba ku gikoresho gishya cyangwa igisanzwe gikora. Icyakora ibyo byakiriwe nabi n’abaturage bavuga ko bidakwiye ndetse abagize inteko ishinga amategeko bamwe bavuga ko biri gusigira isura mbi igihugu ndetse ngo byagabanya umubare w’abasura icyo gihugu.