Rwanda

kigali: Uko kuzigama no guhuza imbaraga byahinduye ubuzima bw’abaturage i Nduba

kigali: Uko kuzigama no guhuza imbaraga byahinduye ubuzima bw’abaturage i Nduba

Kuri uyu wa Gatatu, mu Murenge wa Nduba, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habereye ubusabane bwahuje abanyamuryango b’itsinda Umuhuza Smart Connect baturutse mu bice bitandukanye bya Kigali. Ni igikorwa cyitabiriwe n’ ubuyobozi bw’ Umurenge wa Nduba, ubuyobozi bw’ Akagari ka Gasanze, ndetse n’ abanyamuryango b’itsinda bo hirya no hino.

Muri uyu muhango, hagarutswe ku byagezweho mu mwaka wa 2025 ndetse hatangazwa n’aho bifuza kugera mu mwaka utaha wa 2026.

Ntazinda Erasme wahoze ayobora Akarere ka Nyanza yatawe muri yombi nyuma yo kweguzwa

Ntazinda Erasme wahoze ayobora Akarere ka Nyanza yatawe muri yombi nyuma yo kweguzwa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ntazinda Erasme, wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, nyuma y’amasaha make yegujwe ku nshingano ze.

Ku wa 15 Mata 2025, Inama Idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza yateranye yemeza ko Ntazinda akurwa ku mwanya wa Meya kubera kunanirwa kuzuza inshingano ze.

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha  RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye itangazamakuru ko  Ntazinda yatawe muri yombi, yagize ati: “Nibyo koko Ntazinda Erasme arafunzwe, bishingiye ku iperereza riri kumukorwaho.”

Rwanda-Huye: Inkongi yangije Inzu z'ubucuruzi

Rwanda-Huye: Inkongi yangije Inzu z'ubucuruzi

Mu ijoro ryo ku wa kabiri rishyira ku wa gatatu, inkongi y’umuriro yafashe inzu ebyiri z’ubucuruzi mu mujyi wa Huye, ahazwi nko mu Cyarabu, yangiza ibintu byinshi bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 200 Frw.

Amakuru atangazwa n’ababonye uko byagenze aravuga ko inkongi yatangiye mu masaha ya saa yine z’ijoro. Abari aho bavuga ko iyo hatabaho gutabara kwa kizimyamoto, nta n’igice na kimwe cy’izo nyubako cyari gusigara kidakongotse.

Umwe mu bacuruzi ukorera muri imwe muri izo nyubako, ariko mu gice kitagezwemo n’inkongi, yavuze ati:
“Nari mvuye kureba umupira, bampamagara bambwira ko amaduka ari gushya. Polisi na kizimyamoto bari batarahagera, amazi yarashize basubirayo, basubiye basanga umuriro wamaze gufata ahandi. Nta wari gukiza na kimwe.”

Rwanda: Umunyamakuru Jean Lambert Gatare Yitabye Imana

Rwanda: Umunyamakuru Jean Lambert Gatare Yitabye Imana

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wari umaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi.

Jean Lambert Gatare yitabye Imana mu ijoro ryo kuwa gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu, aguye mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Werurwe 2025 aho yari amaze iminsi yaragiye kwivuriza mu Buhinde.

Jean Lambert Gatare ni umwe mu banyamakuru bakunzwe cyane mu Rwanda, by’umwihariko mu bijyanye na siporo ndetse no kwamamaza. Yatangiye gukora kuri Radio Rwanda mu 1995. Guhera mu 2011 yatangiye gukorera Isango Star. Mu 2020 nibwo yagizwe umuyobozi w’agateganyo w’ikinyamakuru Rushyashya.

RWANDA: HABONETSE ABAFITE IBIMENYETSO BY'INDWARA NA VIRUSI YA MARBURG

RWANDA: HABONETSE ABAFITE IBIMENYETSO BY'INDWARA NA VIRUSI YA MARBURG

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda MINISANTE, yashyizeho ingamba zo kwirinda no guhangana n’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya marburg.

Iri tangazo ryasohotse kuwa gatanu tariki ya 27, nzeri, 2024. rivuga ko bitewe n’uko mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda habonetse abarwayi bafite ibimenyetso by’indwara na virusi na Marburg hatangiye igikorwa cyo kumenya abagiye bahura n’abagaragaweho n’iyi virusi, mu ihe abarwayi bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko hari gukorwa iperereza rigamije kumenya inkomoko y’iyi ndwara ndetse ubu hashyizweho ingamba zo kuyirinda no kuyikumira mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitandukanye.

Amafoto: Ibirori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30 mu Rwanda

Amafoto: Ibirori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 30 mu Rwanda

Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Nyakanga, 2024 u Rwanda ruri kwizihiza umunsi w’ubwigenge. Mu birori bibereye ijisho biri kubera kuri Stade Amahoro I Remera mu mujyi wa Kigali.

Byitabiriwe n’abahagarariye ingabo mu bihugu birimo Uganda, Tanzania, Sierra Leone na Kenya. Hari abaturage baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu.

[caption id=“attachment_1249” align=“alignnone” width=“1257”] Ibirori byo kwizihiza imyaka 30 ishize u Rwanda Rwibohoye[/caption]

[caption id=“attachment_1250” align=“alignnone” width=“1197”] Ibirori byabereye muri Stade Amahoro ivuguruye[/caption]

Rwanda: Diane Rwigara yatanze kandidatire ku mwanya w'umukuru w'igihugu

Rwanda: Diane Rwigara yatanze kandidatire ku mwanya w'umukuru w'igihugu

Diane Shima Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe muri Nyakanga 2024, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa kane tariki ya 30 Gicurasi 2024 Kuri Komisiyo y’igihugu y’amatora NEC, akaba ari nawo munsi wa nyuma wo kwakira kandidatire ku bifuza kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika no ku mwanya w’umudepite.

Mu byangombwa bisabwa yatanze ibaruwa itanga kandidatire, umwirondoro, ikimenyetso kimuranga gishyirwa ku rupapuro rw’itora, ilisiti y’abantu 600 bashyigikiye kandidatire ye, inyandiko y’ukuri, icyemezo cy’ubwenegihugu Nyarwanda bw’inkomoko, Amafoto abiri magufi na fotokopi y’ikarita ndangamuntu, Hari kandi icyemezo cy’amavuko n’icyemezo cyerekana ko umuntu yakatiwe cyangwa atakatiwe n’inkiko.

Abacungamari bahawe Umukoro wo kugira Uruhare mu Gushyira mu Bikorwa Gahunda y’amasezerano y’isoko rusange ry’afurika AfCFTA

Abacungamari bahawe Umukoro wo kugira Uruhare mu Gushyira mu Bikorwa Gahunda y’amasezerano y’isoko rusange ry’afurika AfCFTA

Muri congere y’abacungamari bo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba EACOA iteraniye I Kigali mu Rwanda abo bacungamari bahawe umukoro wo kugira uruhare mu gushyira mu bikorwa gahunda y’amasezerano y’isoko rusange AfCFTA

ibyo ni ibyagarutsweho mu kiganiro cyatanzwe kuri uyu wa gatatu tariki ya 17 mata, 2024 cyagarukaga ku mahirwe n’imbogamizi  Bihari ku masezerano y’isoko rusange ry’afurika.

Antoine Kajangwe umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari muri minisiteri y’ubucuruzi n’inganda mu Rwanda, yagarutse ku masezerano y’isoko rusange ry’afurika yashyiriweho umukono I Kigali mu Rwanda mu 2018, avuga ko agamije guhuriza hamwe isoko rigari ry’afrika binyuze mu guhahirana kw’ibihugu bigize umugabane.

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu nkiko haberamo imanza nyinshi, uru ni rumwe mu manza zabaye mu rukiko rw’ubucuruzi.

Banki ya Kigali Plc yatanze ikirego mu Rukiko rw’Ubucuruzi, isaba ko Nsengiyumva Fulgence yategekwa kwishyura umwenda remezo ayibereyemo ungana na 155.308.448 Frw, hiyongereyeho inyungu zibazwe kugera ku mwenda remezo, yose hamwe akaba 310.616.976 Frw. Urukiko rw’Ubucuruzi rwaciye urubanza rwemeza ko ikirego cya Banki ya Kigali Plc gifite ishingiro, rumutegeka kwishyura 300.000.000Frw.

Nsengiyumva Fulgence yajuririye Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, ruca urubanza rwemeza ko agomba kwishyura 155.301.368 Frw aho kuba 300.000.000 Frw.

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, bizatangira gukurikizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024.

RURA kandi yashyizeho n’ibiciro ku byerekezo bishya bigera kuri cumi na bibiri byashyizweho.

Ibiciro ni ibi bikurkirika;

African Updates