Security

Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi

Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 19 wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, akekwaho gukuramo inda, umwana akamuta aho bajugunya imyanda, .

Ni nyuma y’uko mu nyubako icumbikamo abakobwa izwi nka Benghazi, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu hatoraguwe uruhinja rw’amezi 8 rwari mu gatebo gasanzwe gashyirwamo imyanda rwasanzwe rwapfuye.

Urwo ruhinja ngo rwabonywe n’umukozi ushinzwe amasuku bigakekwa ko byaba byakozwe numwe mu banyeshuli baharara.

Israel ntizarekura abo yafunze mbere yo kuwa gatanu

Israel ntizarekura abo yafunze mbere yo kuwa gatanu

Ibiganiro hagati ya Hamas iyobora Gaza na Israel  byemeje ko habaho agahenge k’intambara ndetse abantu 50 bafashwe bakarekurwa. Ku rundi ruhande abagera ku 150 barimo abagore n’abana b’abanye Palestine bafashwe na Israel nabo ngo bazarekurwa nkuko byatangajwe.

kuri uyu wa kane leta ya Israel yavuze ko nta munye Palestine uzarekurwa mbere yo kuwa gatanu, ibyo byafashwe nk’amayeri yo gutinda gushyira mu bikorwa imyanzuro yemeranijweho mu biganiro byahuje impande zombi.

Muri ibyo biganiro umuhuza ni ubwami bwa Qatar, Bemeje ko hatangwa iminsi ine nta mirwano yumvikana  umuvgizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Qatar yavuze ko iyo ari intambwe nziza itewe ndetse hari icyizere ko imirwano yazahagarara by’igihe kirekire.

Niger: Mohamed Bazoum yafashwe agerageza gutoroka aho afungiye

Niger: Mohamed Bazoum yafashwe agerageza gutoroka aho afungiye

Mohamed Bazoum wahoze ayobora Niger yagerageje gutoroka aho afungiye afatwa atarabigeraho.

Ibyo byatangajwe n’ubuyobozi bw’igisirikare kiyoboye mu nzibacyuho bavuga ko ibyo byabaye kuri uyu wa kane nkuko byashimangiwe n’umuvugizi wabo bwana Amadou Abdramane, yavuze ko bamwe mu bari bamufashije bahise batabwa muri yombi ndetse ubu ngo iperereza ryatangiye ngo hamenyekkane icyibyihishe inyuma .

Icyakora amakuru yamaze kujya hanze avuga ko ngo gahunda ye yari ukubanza agashaka aho aba yihishe I Niamey muri Niger nyuma agahunga igihugu anyuze muri kajugujugu.

Israel: yatanze amasaha 24 ngo abanya-palestine babe bahunze Gaza

Israel: yatanze amasaha 24 ngo abanya-palestine babe bahunze Gaza

Muri gaza ubwoba ni bwose nyuma y’uko igisirikare cya Israel gisabye abanya Palestine barenga miliyoni kuva muri ako gace mu gihe kitarenze amasaha 24.

Ibyo Israel yabisabye abaturage mu gihe iri gutegura no kugaba ibitero byo ku butaka. ako gace gatuwemo nabarenga miliyoni bose basabwe guhunga icyakora umutwe wa Hamas ugenzura intara ya gaza wasabye abaturage kuguma mu ngo zabo ahubwo bavuga ko ibyo ari icengezamatwara igisirikare cya Israel kiri gukora.

Narges Mohammadi yahawe igihembo cy'amahoro - Nobel Prize

Narges Mohammadi yahawe igihembo cy'amahoro - Nobel Prize

Umunya iran­­­-kazi waharaniye uburenganzira bw’abagore Narges Mohammadi yahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe nobel.

Ni igihembo yahawe bitewe n’urugamba yarwanye aharanira ko abagore bahabwa uburenganzira bw’abagore muri iran ndetse agahirimbanira uburenganzira bwa muntu ndetse no kwishyira ukizana kwa buri wese.

Uyu mugore kandi bivugwa ko yafunzwe inshuro nyinshi kubera ibyo bikorwa bye, byose hamwe yafunzwe inshuro 13 ndetse akatirwa inshuro 5 . muri rusange yafunzwe imyaka 31 muri gereza.

Ni umunya Iran wa 2 uhawe iki gihembo nyuma ya Shirin Ebadi wagihawe mu 2003.

Jamaica: Abana b'abanyeshuli bari mu Bitaro kubera urumogi bariye muri bombo

Jamaica: Abana b'abanyeshuli bari mu Bitaro kubera urumogi bariye muri bombo

Abanyeshuli barenga 60 bari mu bitaro nyuma yo kurya za bombo zirimo urumogi.

Ni yemejwe na minisiteri y’uburezi muri Jamaica bavuga ko abana bariye izo bombo zari zinjijwe mu kigo ndetse hari handitseho ko zitemewe ku bana.

Nyuma yo kuzirya abana barasinze ndetse bamwe babona ibidahari bakamera nkabarota byageze naho bamwe batangira kugarura ibyo bariye.

Ubu rero bari kwa muganga ndetse bari kwitabwaho nubwo inzego zubuzima zivuga ko bariye ibiyobyabwenge byinshi.

Kenya: Impanuka y'indege yishe abantu Umunani

Kenya: Impanuka y'indege yishe abantu Umunani

Impanuka yindege ya kajugujugu muri kenya yahitanye abagera ku 8.

Ni impanuka yabereye hafi numupaka wa Somalia na kenya . kuri uyu wa kabiri minisiteri y’ingabo muri kenya yemeje ibyayo makuru nubwo hataramenyekana icyayiteye.

Iyo kajugujugu ya gisirikare ngo yahanutse ubwo yari mu bikorwa byo kurinda umutekano muri ako gace kari hafi yumupaka wa Somalia amakuru akavuga ko abai bayirimo bose bahise bapfa.

Kuri ubu hatangiye iperereza icyakora biracyekwa ko yaba yahanuye nabarwanyi bo mu mutwe wa Al shabab ishami rya Al-Qaeda rimaze igihe rihungabanya umutekano muri Somalia na kenya.

IGITERO CY'INDEGE KISHE ABANTU 26 MURI AMHARA

IGITERO CY'INDEGE KISHE ABANTU 26 MURI AMHARA

Muri Ethiopia haravuga igitero cy’indege cyatwaye ubuzima bw’abantu 26 Mu ijoro ryo ku cyumweru.

Ni igitero bivugwa ko cyabereye mu ntara ya Amhara imaze imyaka 2 mu mirwano nigisirikare kiri ku butegetsi aho gihanganye numtwe witwara gisirikare wo muri ako gace.

Bbc ivuga ko abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Ethiopia bamaganye icyo gitero ndetse umwe mu bakora ku ivuriro avuga ko yumvise ikintu giturika mu masaha yumugoroba nyuma yumwanya batangira kwakira abakomeretse kwa ku muganga bari bambaye gisivile. ni mugihe kandi abagize inteko ishinga amategetko baraye bemeje ko hashyirwaho ibihe bidasanzwe muri Amhara bizamara amezi 6 ndetse hatowe itegeko ryemerera abashinzwe umutekano guta muri yombi no gufunga batagombye kubihererwa uburenganzira nurukiko.

SUDAN AMEZI ANE ARASHIZE INTAMBARA ITANGIYE

SUDAN AMEZI ANE ARASHIZE INTAMBARA ITANGIYE

Muri sudan amezi ane arashize intambara itangiye ndetse abantu 4000 nibo bayiguyemo nkuko ishami rishinzwe uburenganzira bwa muntu mu muryango w’abibumbye babivuga.

Imirwano yatangiye kuya 15 mata uyu mwaka yatumye kandi miliyoni 4 zirenga zabanya sudna bahunga igihugu cyabo.

 

Uretse ibyo kandi amavuriro 200 ntabasha gukora bitewe nibibazo byumutekano muke ibyo rero byatumye abagwa mu ntambara biyongera ndetse ngo icyo gihugu gikeneye cyane ibikorwa by’ubutabazi.

Imiryango mpuzamahanga ivuga ko hadukiyemo nibyaba byo guhohotera no gufata ku ngufu abagore.

DR Congo: Inama kuri État de siège, Depite ati 'umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana

DR Congo: Inama kuri État de siège, Depite ati 'umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana

Abadepite mu nteko ishingamategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari mu nama nyunguranabitekerezo ku bihe bidasanzwe by’ubutegetsi bwa gisirikare mu burasirazuba, depite yabwiye BBC ko bukwiye kuvaho.

Iyo nama y’iminsi itatu, yatangiye ku wa mbere, irasuzuma niba intara za Kivu ya Ruguru na Ituri, zirimo ubwo butegetsi buzwi nka État de siège, zarabonye umutekano ukwiriye cyangwa niba ntawagaragaye.

Raporo nshya ya ONU yatangajwe mu mpera y’icyumweru gishize, ivuga ko umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo wongeye kuzamba muri aya mezi, cyane mu ntara za Ituri na Kivu ya Ruguru kubera imitwe yitwaje intwaro.