
Rwanda: Umunyeshuli ucyekwaho guta umwana aho bajugunya imyanda yatawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 19 wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, akekwaho gukuramo inda, umwana akamuta aho bajugunya imyanda, .
Ni nyuma y’uko mu nyubako icumbikamo abakobwa izwi nka Benghazi, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu hatoraguwe uruhinja rw’amezi 8 rwari mu gatebo gasanzwe gashyirwamo imyanda rwasanzwe rwapfuye.
Urwo ruhinja ngo rwabonywe n’umukozi ushinzwe amasuku bigakekwa ko byaba byakozwe numwe mu banyeshuli baharara.









