Ubumenyi

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu nkiko haberamo imanza nyinshi, uru ni rumwe mu manza zabaye mu rukiko rw’ubucuruzi.

Banki ya Kigali Plc yatanze ikirego mu Rukiko rw’Ubucuruzi, isaba ko Nsengiyumva Fulgence yategekwa kwishyura umwenda remezo ayibereyemo ungana na 155.308.448 Frw, hiyongereyeho inyungu zibazwe kugera ku mwenda remezo, yose hamwe akaba 310.616.976 Frw. Urukiko rw’Ubucuruzi rwaciye urubanza rwemeza ko ikirego cya Banki ya Kigali Plc gifite ishingiro, rumutegeka kwishyura 300.000.000Frw.

Nsengiyumva Fulgence yajuririye Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, ruca urubanza rwemeza ko agomba kwishyura 155.301.368 Frw aho kuba 300.000.000 Frw.

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kuri uyu wa gatanu Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

Amatora y’umuyobozi w’umujyi wa Kigali yari yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza mu 2023 ahanganyemo abakandida babiri aribo Dusengiyumva wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu na Rose Baguma usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki y’Uburezi n’Isesengura muri Minisiteri y’Uburezi.

Samuel Dusengiyumva yagizwe Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, asimbura Pudence Rubingisa wahawe kuyobora Intara y’Uburasirazuba aho yagize amajwi 532 kuri 638.