U Bushinwa: Leta yishimiye ko Umubare w’abakora ubukwe wiyongereye

U Bushinwa: Leta yishimiye ko Umubare w’abakora ubukwe wiyongereye

Imibare y’abakora ubukwe ikomeje kwiyongera mu gihe ubushinwa buhanganye n’ikibazo cy’umubare muto w’abavuka.

Mu gihe igihugu cy’ubushinwa bakomeje gushishikariza urubyiruko kwitabira gahunda yo kurushinga no kubyara Imibare mishya irerekana ko abaturage bo mu bushinwa bangana na miliyoni 7.68 bakoze ubukwe mu mwaka wa 2023 , uko kuzamuka kungana na 12.4 % ugereranije n’umwaka wari wabanje wa 2022.

Ni ukuvuga ko mu 2023 habaye ubukwe bwiyongereyeho 845,000 ugereranije n’ubwari bwakozwe mu mwaka wabanje. Nubwo bimeze gutyo umwaka wa vuba uheruka kubamo ubukwe bw’abantu benshi mu bushinwa ni uwa 2013 icyo gihe abantu miliyoni 13.47 bakoze ubukwe.

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu Rukiko: Yategetswe kwishyura hafi miliyoni 300 nyuma yo kwiruka mu nkiko

Mu nkiko haberamo imanza nyinshi, uru ni rumwe mu manza zabaye mu rukiko rw’ubucuruzi.

Banki ya Kigali Plc yatanze ikirego mu Rukiko rw’Ubucuruzi, isaba ko Nsengiyumva Fulgence yategekwa kwishyura umwenda remezo ayibereyemo ungana na 155.308.448 Frw, hiyongereyeho inyungu zibazwe kugera ku mwenda remezo, yose hamwe akaba 310.616.976 Frw. Urukiko rw’Ubucuruzi rwaciye urubanza rwemeza ko ikirego cya Banki ya Kigali Plc gifite ishingiro, rumutegeka kwishyura 300.000.000Frw.

Nsengiyumva Fulgence yajuririye Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, ruca urubanza rwemeza ko agomba kwishyura 155.301.368 Frw aho kuba 300.000.000 Frw.

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Rwanda: RURA yahyizeho ibiciro bishya by'ingendo

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, bizatangira gukurikizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024.

RURA kandi yashyizeho n’ibiciro ku byerekezo bishya bigera kuri cumi na bibiri byashyizweho.

Ibiciro ni ibi bikurkirika;

African Updates

Rwanda: Kazungu Dennis yakatiwe gufungwa burundu

Rwanda: Kazungu Dennis yakatiwe gufungwa burundu

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwahamije Kazungu Denis ibyaha byose ashinjwa uko ari 10, rumukatira igifungo cya burundu.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 8 Werurwe 2024, aho Kazungu yahamijwe ibyaha icumi birimo kwica ku bushake, gusambanya ku gahato, iyicarubozo, kwinjira mu makuru ya mudasobwa cyangwa uruhererekane rwa mudasobwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, guhisha umurambo, gukoresha ibikangisho no gufungira umuntu ahatemewe.

Mu rubanza rwari rwabaye tariki ya 9 Gashyantare 2024, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko guhamya Kazungu ibi byaha byose, hanyuma rukamukatira igifungo cya burundu, cibwa n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw.

France: Imyigaragambyo y'abahinzi yafashe indi ntera, iherezo ni irihe?

France: Imyigaragambyo y'abahinzi yafashe indi ntera, iherezo ni irihe?

Kuri uyu wa kane ibihumbi by’abahinzi bo mu bufaransa bitabiriye imyiaragambyo basaba ko ibibazo byabo byitabwaho gusa Abashinzwe umutekano bawukajije ngo bahangane n’abarenga umurongo utukura bahawe.

Abahinzi barasaba leta y’ubufaransa guha agaciro umwuga wabo ndetse no kuzamura igiciro baguriraho imisaruro yabo  dore ko ngo bagurirwa ku giciro gito ku bicuruzwa imbere mu gihugu nyamara ngo abafaransa benshi batunzwe n’ubuhinzi bwabo.

Imyigarambyo imaze icyumweru iba, icyakora yafashe indi ntera kuva kuwa mbere w’iki cyumweru, kuri uyu wa kane naho ibihumbi by’abahinzi biriwe mu mihanda biyongereye ndetse bajyanye nibimashimi bihinga mu mihanda ijya I paris ndetse no ku bibuga byindege ngo barebe k ubutegetsi busha bwa minisitire w’inteeb Gabriel attal  hari icyo bwabikoraho.

DR Congo: Umutwe wa M23 washyizeho abayobozi mu duce igenzura

DR Congo: Umutwe wa M23 washyizeho abayobozi mu duce igenzura

Umutwe wa M23 wasohoye itangazo rishyiraho abayobozi ba gisivile mu duce yafashe igenzura mu teretwari ya Rutshuro muri kivu ya ruguru Mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi Congo.

Iri tangazo ry’umutwe wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi Congo rivuga ko hashyizweho abayobozi ba gisivile ndetse n’abazajya bayobora ama centere nka Bunagana, Kiwanja na Rubare basanzwe bagenzura ziri muri teretwari ya Rutshuro.

Icyo cyemezo bagifashe kandi nyuma y’uko mu minsi ishize umutwe wa M23 wari umaze igihe ugabwaho  ibitero by’ indege zintambara ndetse byasize hari abakomando bayo bishwe.

Japan: Abantu 60 bamaze guhitanwa n'umutingito ukomeye

Japan: Abantu 60 bamaze guhitanwa n'umutingito ukomeye

Mu buyapani abantu 60 nibo bamaze kubarurwa ko baguye mu mutingito wabaye kuwa mbere  wiki cyumweru.

Uwo mutingito wari ku igipimo cya 7.6 ni igipimo kiri hejuru.

Minisitire w’intebe Fumio kishida yavuze ko hari abandi bakomeretse ndetse ngo bari gusiganwa nigihe ngo batabare abagwiriwe n’ibikuta byinzu .

Abantu 1000 bashinzwe ubutabazi bari gukora ibishoboka byose ngo batabare naho igisirikare kiri gufasha mu gutanga ibyo kurya

Perezida wa Amerika Joe Biden yihanganishije ubuyapani avuga ko igihugu cye kiteguye gutanga ubufasha igihe cyose gikenewe.

Muri DR Congo ibikorwa by’amatora byatinze gutangira hirya no hino mu gihugu.

Muri DR Congo ibikorwa by’amatora byatinze gutangira hirya no hino mu gihugu.

Ni amatora rusange arimo nay’umukuru w’igihugu byari biteganijwe ko atangira saa kumi n’ebyiri z’igitondo icyakora hamwe na hamwe ayo masaha yageze hagifunze ahandi aribwo batangiye kuzana ibikoresho by’itora.

Hari amashusho y’ibinyamakuru nka AFP na Africanews agaragaza abaturage bafite uburakari binjira ku ngufu mu cyumba cy’itora bavuga ko barambiwe gutegereza. Ahandi hari imirongo miremire yabategereje kugera mu cyumba cy’itora.

Icyakora komisiyo y’amatora yavuze ko nubwo gutangira bitabaye ku gihe ngo bagomba kubahiriza isaha ya saa kumi nimwe z’umugoroba yo gusoza.

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kigali: Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali

Kuri uyu wa gatanu Dusengiyumva Samuel yatorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

Amatora y’umuyobozi w’umujyi wa Kigali yari yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza mu 2023 ahanganyemo abakandida babiri aribo Dusengiyumva wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu na Rose Baguma usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki y’Uburezi n’Isesengura muri Minisiteri y’Uburezi.

Samuel Dusengiyumva yagizwe Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, asimbura Pudence Rubingisa wahawe kuyobora Intara y’Uburasirazuba aho yagize amajwi 532 kuri 638.

Inteko Y’Ubwongereza Yatoye ishyigikira gahunda yo Kohereza Abimukira Mu Rwanda

Inteko Y’Ubwongereza Yatoye ishyigikira gahunda yo Kohereza Abimukira Mu Rwanda

Inteko ishinga amategeko y’u bwongereza yaraye itoye umwanzuro wo gushyigikira gahunda y’igihugu cyabo yo kohereza abimukira mu rwanda.

Ni itora ryemeje ko u rwanda ari igihugu gitekanye. abatoye bashyigikiye iki cyemezo ni 313 mu gihe abatoye batagishyigikiye ari 269.

Iyi gahunda leta y’ubwongereza ivuga ko igamije guca intege abimukira bambuka bajya muri icyo gihugu mu buryo butujuje ibisabwa.

minisitire w’intebe w’ ubwongereza sunak yavuze ko biri mu byibanze yitayeho ku buyobozi bwe.