Kenya: Impanuka y'indege yishe abantu Umunani

Kenya: Impanuka y'indege yishe abantu Umunani

Impanuka yindege ya kajugujugu muri kenya yahitanye abagera ku 8.

Ni impanuka yabereye hafi numupaka wa Somalia na kenya . kuri uyu wa kabiri minisiteri y’ingabo muri kenya yemeje ibyayo makuru nubwo hataramenyekana icyayiteye.

Iyo kajugujugu ya gisirikare ngo yahanutse ubwo yari mu bikorwa byo kurinda umutekano muri ako gace kari hafi yumupaka wa Somalia amakuru akavuga ko abai bayirimo bose bahise bapfa.

Kuri ubu hatangiye iperereza icyakora biracyekwa ko yaba yahanuye nabarwanyi bo mu mutwe wa Al shabab ishami rya Al-Qaeda rimaze igihe rihungabanya umutekano muri Somalia na kenya.

AMERIKA NA IRAN BAHANYE IMFUNGWA ZA POLITIKE

AMERIKA NA IRAN BAHANYE IMFUNGWA ZA POLITIKE

Abanyamerika batanu ndetse n’abanya Iran batanu barekuwe nyuma y’amasezerano yo guhana imfungwa yagezweho hagati y’ibihugu byombi.

Ni ubwumvikane bwagizwemo uruhare na Qatar guhera muri gashyantare umwaka ushize ndetse bemeje ko miliyari esheshatu z’amadorari za iran yari yarafatiriwe muri koreya y’epfo asubizwa iran binyuze muri bank y’I Doha.

Icyakora Amerika ivuga ko abaturage bayo bari bafungiwe impamvu za politike dore ko ibyo baregwa by’ubutasi bidafite ishingiro

Hagati aho kandi abanya iran batanu bari bamaze igihe bafungiwe muri amerika bazira kurenga ku bihano bya amerika barekuwe nyuma y’ubwo bwumvikane nubwo bitaramenyekana niba basubira muri iran.

Hatangajwe amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuli abanza n’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye

Hatangajwe amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuli abanza n’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 nzeri 2023, hatangajwe amanota y’ibizamini by leta bisoba amashuli abanza n’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye.

Ni igikorwa kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitire w’uburezi  Hon. Gaspard Twagirayezu,  Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi Hon Irere Claudette, Umuyobozi w’ikigo nesa Dr. Bernard Bahati ndetse n’abandi.

Bavuga ko mu mashuli y’umwaka wa mbere w’ayisumbuye ndetse no muwa kane nta muntu numwe ufite ububasha bwo gutanga ishuli uretse ikigo nesa kibifite mu nshingano mu rwego rwo guha amahirwe angana abanyeshuli bose mu kubona ibigo by’amashuli.

CUBA: 17 BAFUNZWE KUBERA KOHEREZA ABATURAGE KURWANIRA UBURUSIYA MURI UKRAINE

CUBA: 17 BAFUNZWE KUBERA KOHEREZA ABATURAGE KURWANIRA UBURUSIYA MURI UKRAINE

Abanya cuba 17 batawe muri yombi bakurikiranyweho kohereza abaturage kurwanira uburusiya muri Ukraine.

Amakuru avuga ko iyo nzira ituruka muri cuba aho abanya cuba boroherezwa kugera muri Ukraine ngo barwanire uburusiya mu ntambara bugiye kumaa imyaka bashije.

Inzego z’ubuyobozi muri cuba zemeje ko abo 17 batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha byo gucuruza abantu byatumye urubyiruko rwabanya cuba bishora mu rugamba rwa gisirikare muri Ukraine

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ivuga koi maze igihe ikora ibishoboka ngo ihangane n’abakora ibyo bikorwa bashyize ibirindiro muri icyo gihugu

Zambia: Umugore w’uwabaye Perezida arashinjwa ubujura

Zambia: Umugore w’uwabaye Perezida arashinjwa ubujura

Kuri uyu wa kane Esther Lungu umufasha w’uwahoze ayobora Zambia yarekuwe.

Ni nyuma yuko yari amaze amasaha Atari make yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ngo yisobanure ku byaha yari akurikiweho birimo ubujura bw’imodoka.

Uyu Esther Lungu yari yatawe muri yombi we n’abandi bantu bane bakurikiranyweho kwiba imodoka ndetse n’ibyangombwa byayo icyaba bavuga ko cyakorewe Lusaka mu murwa mukuru.

Ni ibyaha bahakanye bivuye inyuma kuva kuri uyu wa gatatu ubwo batabwaga muri yombi.

Gen Brice Oliguin Nguema agiye kurahirira kuyobora inzibacyuho muri Gabon

Gen Brice Oliguin Nguema agiye kurahirira kuyobora inzibacyuho muri Gabon

Umukuru w’igisirikare cyafashe ubutegetsi muri Gabon Gen Brice Oligui Nguema biteganijwe ko kuri uyu wa mbere arahirira kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’inzibacyuho.

Ni nyuma y’uko kuwa gatatu w’icyumweru gishize we n’abandi bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu bahiritse ku butegetsi Perezida Ali Bongo wari umaze amasaha make yemejwe nkuwatsinze amatora y’umukuru w’igihugu.

Biteganijwe ko mu bari bwitabire uwo muhango harimo abasirikare bafite ubutegtsi bwo mu bihugu bitandukanye byo muri afurika y’uurengerazuba nabo baherutse guhirika ubutegetsi.

Igisirikare cyahiritse ku butegetsi perezida Ali Bongo

Igisirikare cyahiritse ku butegetsi perezida Ali Bongo

Nyuma y’amasaha macye byemejwe ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu ali bongo yahiritswe ku butegetsi.

Ibyo ni ibyatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu aho Igisirikare cya Gabon cyatangaje ko cyahiritse ku butegetsi Ali Bongo wari umaze amasaha make bitangajwe ko yegukanye amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 64.27%.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi nibwo  Komisiyo y’Amatora muri Gabon yatangaje ko Ali Bongo yatsindiye manda ya gatatu. Nyuma y’amasaha make ibi bitangajwe kuri Televiziyo y’Igihugu hahise hajyaho itsinda ry’abasirikare bavuga ko bahiritse ubutegetsi bw’uyu mugabo.

uburwayi butuma ubufite ahora ashaka kurya kabone nubwo yaba yariye byinshi.

uburwayi butuma ubufite ahora ashaka kurya kabone nubwo yaba yariye byinshi.

Uyu mukobwa w’imyaka 24 y’amavuko yitwa camelia aba mu mujyi wa graton muri new London afite uburwayi bwiswe prader willi syndrome, butuma ubufite ahorana inzara nyinshi kuuryo inshuro zose aba ashaka kurya dore ko arya ntahage.

Abanhanga mu buzima bavuga ko butangira kugaragara kuva umwana afite imyaka 2 y’amavuko ariko ibimenyetso bishobora kuboneka akivuka.

Uyu mukobwa nubwo afite imyaka 24 agaragara nkufite 15, ijwi rye, imyitwarire n’imitekerereze ye byose ntibiri ku rwego rwe ahubwo ninkibyabana bato.

Zimbabwe : Umuvugabutumwa Nelson Chamisa yanze kwemera ko yatsinzwe

Zimbabwe : Umuvugabutumwa Nelson Chamisa yanze kwemera ko yatsinzwe

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa zimbabwe, Nelson Chamisa, yatangaje ko ariwe watsinze amatora yo muri iki gihugu nyuma yo kutemera ibyangajwe na komisiyo y’amatora ya zimbabwe ko perezida emmerson mnangagwa yatsindiye  manda ya kabiri ku butegetsi.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Chamisa yavuze ko Muri Zimbabwe Hagiye kuba impinduka, Ndetse ko Batazategereza imyaka itanu

[caption id=“attachment_866” align=“alignnone” width=“300”] Nelson Chamisa umukandida perezida - Zimbabwe[/caption]

Chamisa yavuze ko Atemera Ibyavuye mu matora Kuko Ngo Nuburyo yakozwemo Bigaragaza ko Yabayemo Uburganya

UBUYOBOZI BW'UMUJYI WA KIGALI BUGIYE KWIMURA ABATUYE AHASHYIRA UBUZIMA BWABO MU KAGA

UBUYOBOZI BW'UMUJYI WA KIGALI BUGIYE KWIMURA ABATUYE AHASHYIRA UBUZIMA BWABO MU KAGA

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko inzu zose ziriho ikimenyetso cya ‘Towa’ zigomba gusenywa ndetse ngo hari gukorwa ibishoboka ku buryo imvura iteganyijwe kugwa kuva muri Nzeri itazasanga zigihari.

Imiryango irenga ibihumbi birindwi ni yo yabarurwaga mu Mujyi wa Kigali nk’ituye ahantu hashyira ubuzima bwayo mu kaga, ibizwi nk’amanegeka.

Nyuma y’ibiza biheruka kwibasira u Rwanda muri Gicurasi 2023, bigahitana abantu 135, bikanasenya inzu 5.963 hirya no hino mu gihugu n’ibikorwaremezo bikangirika, byongeye gukangura abayobozi mu bice bitandukanye by’igihugu batangira gushishikariza abaturage kwimuka mu bice bishyira ubuzima bwabo mu kaga.