Ubuzima: Ibintu icumi utari uzi ku ntanga ngore (amagi)

Iyo uganira n’Abakobwa/Gore cyangwa n’abagabo usanga hari amakuru badafite ku Ntanga ngore. Hakaba n’abafite amakuru Atari ay’ukuri kuburyo byabashyira mu bibazo.
Muri iyi nkuru turagaruka ku bintu icumi utari uzi ku ntanga ngore (amagi).
Icya mbere ni uko Umwana w’umukobwa wese ukivuka aba afite hagati ya Miliyoni imwe n’ebyiri z’amagi mu mubiri we.
Ikindi ni uko Igitsinagore badafite ubushobozi bwo gukora amagi mashya, ku buryo yasimbura cyangwa akiyongera ku yo yavukanye ahubwo nkuko hejuru twabivuze Amagi Yose aravukanwa.
Umukobwa/gore uko agenda akura buri kwezi ni nako ya magi yavukanye agenda agabanuka havaho rimwe ku rindi ndetse no mu buryo bw’ireme bikagenda gutyo.
Umukobwa ugeze mu gihe cy’ubwangavu aba asigaranye Intanga ngore kuva ku 300,000 kugeza kuri 400,000. Wibuke ko aba yaravukanye iziri hagati ya Miliyoni imwe na Miliyoni ebyiri.
Abahanga mu buzima bwa muntu bemeje ko Umukobwa/gore arekura amagi agera kuri 400 mu buzima bwe bwose abaho, bagasobanura ko buri kwezi harekurwa igi rimwe
Ikindi utari uzi ni uko Umugore yinjira muri menopause (kubura ubushobozi bwo kubyara no kugira imihango) igihe ya magi yamushizemo.
Ufashe amagi 400 ukagabanya amezi 12 agize umwaka usanga umugore afite imyaka igera kuri 33 y’uburumbuke. Gusa iyi myaka ishobora kugabanyuka cyangwa ikiyongera bitewe n’ubuzima abayeho. Aha niho hafatirwa imyaka ya menopause. Abakobwa benshi binjira mu myaka y’uburumbuke ku myaka 12, wongeye ho 33 y’uburumbuke, iba 45. Aha ni ho bavuga ko abagore benshi binjirira muri menopause (kubura ubushobozi bwo kubyara no kugira imihango).
Birashoboka kandi bijya bibaho ko umugore runaka atangira menopause (kubura ubushobozi bwo gusama no kubona imihango) ku myaka 30 y’ubukure, nubwo ari bake bikunze kubaho.
Abahanga mu buzima kandi bavuga ko hari ibikorwa bituma Amagi agabanuka ari menshi kandi mu gihe cya vuba birimo nko Kunywa itabi, kurya ubugoro, inzoga nyinshi, gucisha ikibero mu cyuma cya X-ray kenshi, n’imiti imwe n’imwe. Bagatanga Inama zo kubyirinda mu gihe bishoboka.
Ikindi utari uzi ku Ntanga ngore ni uko buri kwezi hategurwa amagi hagati ya 15 na 20, ariko igi rimwe ni ryo ryonyine ribasha kuzuza ibisabwa rikarekurwa, asigaye akayenga.
Ibyo ni bimwe mu bintu benshi batazi ku Ntangangore cyangwa Amagi, ese muri ibi byose Ni ikihe kikubereye gishya? Nyura ahatangirwa igitekerezo utubwire n’ikindi wifuza ko twazaganiraho mu nkuru ikurikira.

African Updates