Ethiopia

IGITERO CY'INDEGE KISHE ABANTU 26 MURI AMHARA

IGITERO CY'INDEGE KISHE ABANTU 26 MURI AMHARA

Muri Ethiopia haravuga igitero cy’indege cyatwaye ubuzima bw’abantu 26 Mu ijoro ryo ku cyumweru.

Ni igitero bivugwa ko cyabereye mu ntara ya Amhara imaze imyaka 2 mu mirwano nigisirikare kiri ku butegetsi aho gihanganye numtwe witwara gisirikare wo muri ako gace.

Bbc ivuga ko abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Ethiopia bamaganye icyo gitero ndetse umwe mu bakora ku ivuriro avuga ko yumvise ikintu giturika mu masaha yumugoroba nyuma yumwanya batangira kwakira abakomeretse kwa ku muganga bari bambaye gisivile. ni mugihe kandi abagize inteko ishinga amategetko baraye bemeje ko hashyirwaho ibihe bidasanzwe muri Amhara bizamara amezi 6 ndetse hatowe itegeko ryemerera abashinzwe umutekano guta muri yombi no gufunga batagombye kubihererwa uburenganzira nurukiko.